• Amakuru / MU-RWANDA


Inzego zitandukanye zifite aho zihurira n’ubuziranenge bw’ibicuruzwa hamwe n’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) batangaje ko bamaze icyumweru mu bikorwa ngaruka mwaka byo gusuzuma ubuziranenge bwa bimwe mu bicuruzwa biri ku masoko mu Rwanda.

Ni ibikorwa byasize hahagaritswe bimwe mu bicuruzwa birimo nk’uruganda rwitwa ‘Joyland Company’ rukora imitobe (Juice) ya SALAMA yari imaze kumenyerwa ku masoko atandukanye yo mu Rwanda.

Amakuru atangwa n’izi nzego ni uko uru ruganda rwahagaritswe nyuma y’uko ubwo ryagenzurwaga byagaragaye ko aho rukorera hari umwanda mwinshi ndetse ruba rwaranihaye uruhushya rwo gukora ibizwi nka ‘steel wires’

Dr Murangira B Thierry uvugira RIB avuga ko “Joyland yahawe icyangombwa cyo gukora izi Juice yiyongerera na ‘Steel wires’” naho agaruka ku ihagarikwa rya  Juice zabo yagize ati “Ibi nabyo ntibyujuje ubuziranenge ukurikije aho bikorerwa n’isuku.”

Muri iki gikorwa kimaze icyumweru, RIB ytangaje ko yafashe abantu 72 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, hanafunzwe inganda 4 n'amaduka acururizwamo imiti (Pharmacie) 8.

Ibi bicuruzwa byose byatahuwe muri iki cyumweru bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 106.

Muri iki gikorwa cya USALAMA XI-2025 hafatiwemo ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, ibya magendu n’ibitemewe mu gihugu bigizwe n’ibinyobwa (bisembuye n’ibidasembuye), ibiyobyabwenge, inyama, ibiribwa, amavuta yo kwisiga n’imiti.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments