• Amakuru / MU-RWANDA

Mu gitondo cyo kuri uyu munsi i Kigali, Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama y’Abagaba b’Ingabo z’Umugabane wa Afurika (Land Forces Commanders Symposium), ihuriyemo abayobozi bakuru b’ingabo n’abashinzwe umutekano baturutse mu bihugu birenga 30 bya Afurika n’ahandi ku isi.

Iyi nama ni urubuga rwo kungurana ibitekerezo ku ngamba zo guteza imbere amahoro, ituze n’umutekano ku mugabane wa Afurika, hagamijwe gukomeza ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’umutekano muke birimo iterabwoba, intambara z’abarwanyi n’imidugararo ya politiki.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimye imbaraga n’ubwitange bigaragara mu nzego zishinzwe umutekano muri Afurika, asaba ko hakomeza kubaho ubufatanye n’isangiramutima hagati y’ibihugu kugira ngo umugabane ugererwe hamwe ku ntego y’amahoro arambye.

“Amahoro n’umutekano ni byo shingiro ry’iterambere rya Afurika. Tugomba gukomeza gukorera hamwe, dusangira ubunararibonye kugira ngo twubake umugabane wunze ubumwe, utekanye kandi utera imbere,: Perezida Paul Kagame.

Iyi nama inagaragaza uruhare rw’u Rwanda nk’igihugu gifite ubunararibonye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro no gutanga amahugurwa y’abasirikare, aho Ingabo z’u Rwanda (RDF) zikomeje kugira uruhare runini mu bikorwa byo kugarura amahoro ku isi binyuze mu butumwa bwa LONI (UN) n’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU).

Inama ya Land Forces Commanders Symposium yitabiriwe n’abagaba b’ingabo, inzobere mu by’umutekano n’abayobozi b’ingabo, ikaba iteze gutanga ingamba zifatika zo gukomeza kubaka ubushobozi bw’ingabo za Afurika no gushimangira amahoro arambye ku mugabane.


 





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments