• Imyidagaduro / ABAHANZI

?Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Gloria Bugie, ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatangaje ko ari gusengera kugira ngo Imana imuhe indege ye bwite(Private Jet ) muri uyu mwaka wa 2025, ashimangira ko nta kintu Imana itashobora.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Gloria yavuze ko yizera ko Imana ishobora kumuha ibyo yifuza byose, harimo n’indoto ze zo kugira indege bwite azajya akoresha mu bikorwa by’ivugabutumwa hirya no hino.

Yagize “Ndizera Imana itagira aho igarukira. Nsenga kugira ngo uyu mwaka Imana imfashe kugira indege yanjye bwite. Nta kinanira Imana,”

Uyu muhanzikazi yakomeje avuga ko impamvu y’icyo cyifuzo atari ukwishimisha cyangwa kwerekana ubutunzi, ahubwo ari ukugira ngo yongere ubushobozi bwo kugeza ubutumwa bwiza ku bantu benshi hirya no hino ku isi.

 Yongeyeho ko  “Ashaka kuzajya yigisha, anaririmba, no gukwiza ubutumwa bwiza mu bihugu bitandukanye. Indege yanjye bwite izaba igikoresho cy’ivugabutumwa,”

Abakunzi be benshi bashimye ukwizera kwe, bamugaragariza ko bazamushyigikira mu masengesho kugira ngo inzozi ze zibe impamo, mu gihe abandi bavuze ko ubutumwa bwe bwabahaye icyizere cyo kwizera no gusaba Imana ibintu binini batigeze batekereza.

Gloria Bugie azwi mu ndirimbo nka “Nkwagala Yesu”, “Miracle Working God”, na “Faithful One”, zose zikundwa cyane muri Uganda no mu bihugu byo mu karere.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments