Byibura
abantu 31 bapfuye, abandi 17 barakomereka bikomeye, nyuma y’uko ikamyo itwaye lisansi yaturikaga mu
gace ka Bida, mu Ntara ya Niger, mu majyaruguru ashyira
hagati ya Nijeriya, ku wa Kabiri.
Nk’uko
bitangajwe na Wasiu Abiodun,
umuvugizi wa polisi y’iyo ntara, impanuka yabaye ubwo ikamyo yarangaye igahita igwa, maze abaturage benshi bihutira
kwegera aho lisansi yasohokeraga bashaka kuyivoma. Hashize akanya gato, ikamyo yaturitse, ishyira umuriro mu baturage
bari hafi aho.
Polisi
yatangaje ko abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro byo hafi aho kandi ko
iperereza riri gukorwa kugira ngo hamenyekane nyir’ikamyo, umushoferi
wayo, n’impamvu nyayo y’iyi
mpanuka.
Guverineri w’Intara ya Niger, Umaru Bago, yavuze ko ababajwe
cyane n’iyi mpanuka, agira ati:
“Birababaje
kubona abaturage bakomeje kujya gufata lisansi mu makamyo yaguye, n’ubwo bazi
neza ingaruka zishobora kubaho. Ibi ni ibihe bikomeye kandi bibabaje cyane ku
baturage n’ubuyobozi bw’Intara ya Niger.”
Mu
kwezi kwa Mutarama, nibura
abantu 98 barapfuye mu mpanuka
isa n’iyi, ubwo bari bagerageza kwimura lisansi mu yindi kamyo bifashishije jenerateri.
Abasesenguzi
bavuga ko impanuka nk’izi zikomeje kwiyongera muri Nijeriya kubera imihanda yangiritse, ikamyo zishaje, n’ihagarikwa rya nkunganire ya lisansi
ryashyizweho na Perezida Bola Tinubu,
ryatumye ibiciro bya lisansi bizamuka cyane.
Like This Post? Related Posts