• Imikino / FOOTBALL

?Cristiano Ronaldo Jr, imfura ya rutahizamu w’ikirangirire Cristiano Ronaldo, yahamagajwe bwa mbere mu ikipe y’igihugu ya Portugal y’abatarengeje imyaka 16.

Uyu musore w’imyaka 15 akinira ikipe yo muri Arabie Saoudite ya Al-Nassr, aho na se akinira ubu.

Ronaldo Jr ari mu bakinnyi 22 bahamagawe bazitabira irushanwa mpuzamahanga ry’abato rizwi nka Coupe des Fédérations, rizabera muri Turukiya kuva ku itariki ya 30 Ukwakira kugeza ku ya 4 Ugushyingo, rizitabirwa n’ibihugu bya Turukiya, Ubwongereza n’U Pays de Galles.

Uyu musore yari aherutse guhamagarwa no mu ikipe y’igihugu ya Portugal y’abatarengeje imyaka 15 mu kwezi kwa Gicurasi, kandi aragaragaza urugendo rwiza rw’iterambere muri ruhago. Yanyuze mu mashuri y’abato ya Juventus no Manchester United, bikaba bigaragara ko akurikiza inzira ya se.

Cristiano Ronaldo mukuru we yatangiye gukinira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 15 mu mwaka wa 2001, kandi kugeza ubu afite ibihe by’intsinzi bikomeye ku isi, aho amaze gukinira Portugal imikino 223 no kuyitsindira ibitego 143, akaba ari we ufite ibyo bigwi byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru ku rwego rw’abagabo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments