• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi  Eric Senderi International Hit  umaze  kuba ubukombe  mu  kuririmba indirimbo nyinshi zikubiyemo uburere mboneragihugu agiye gukora ibitaramo   bisoza  ibindi yakoze mu turere 18 dutandukanye mu rwego rwo kwizihiza imyaka amaze mu muziki .

 

Mu butumwa bwe yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yahishuye ko guhera kuri uyu wa Gatanu azasubukura  ibyo bitaramo byo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki mu turere  twasigaye ubushize asangiza abakunzi be zimwe mu ndirimbo bakunze ziganjemo ubutumwa bwubaka igihugu.

 

Ibi bitaramo bizajya biba buri cyumweru mu turere dutandukanye, birangwa n’ubutumwa bw’umwimerere bugamije guteza imbere umuco wo gukunda Igihugu, gukora, gusigasira ibyagezweho no gushyigikira gahunda za Leta ziteza imbere umuturage.

 

Senderi yatangarije umunyamakuru wa BTN Rwanda  ko intego y’ibi bitaramo ari ugukomeza guteza imbere umuco wo kuririmba indirimbo zifite ubutumwa bwubaka, aho ari kwibanda ku ndirimbo ze zizwi cyane mu burezi, mu itorero, mu mugoroba w’ababyeyi, ndetse no mu bikorwa bitandukanye by’ubukangurambaga.

 

Ati “Twishimira ko nk’abahanzi dukora indirimbo zifasha abato n’abakuru, zidukangurira gusigasira ibyagezweho, gukunda igihugu, gukora, kugira isuku n’umutekano, kandi umuturage akaguma ku isonga.”

 

Yagaragaje  ko ibi bitaramo atari ibyo kuririmbira gusa abantu, Senderi yavuze ko bifite uruhare mu iterambere ry’ubuzima rusange bw’abaturage.

 

Mbere y’igitaramo, hategurwa umuganda aho we n’abaturage, Ingabo na Polisi, basibura imihanda nibura ibirometero bitatu cyangwa bine muri buri karere.

 

Urugendo rw’ibi bitaramo ruzanyura mu turere 12 twatoranyijwe, turimo: Nyagatare (Rukomo), Gatsibo (Ngarama), Kirehe (Gahara), Musanze (Vunga), Rubavu (Busasamana), Nyabihu (Bigogwe), Nyamasheke (Kirambo), Nyaruguru (Kumunini), Gisagara (Ndora), Kamonyi (Bishenyi), Nyarugenge (Noruveje), Kicukiro (Mugahoromani) ndetse na Gasabo (Rutunga).

 

Senderi yavuze ko ibi bitaramo bizasozwa ku munsi wa Noheli, aho azashimira Imana yamufashije mu rugendo rwe rw’imyaka 20, akerekana ko umuziki ushobora kuba igikoresho cy’ubaka, gihuza kandi gihindura imibereho y’abantu.

 

Mu gusoza, Senderi yagize ati: “Ndashimira Imana imfasha gukora ibi byose. Iyo urebye aho navuye n’aho ngeze, ubona ko ari ubuntu bwayo. Intego yanjye ni ugusiga umurage mwiza w’indirimbo zubaka, zitari izandura imico cyangwa zicuruza ibishegu.”

 

Senderi Hit akomeje kuba umwe mu bahanzi batanga urugero rw’uko umuziki ushobora kuba inkingi y’iterambere ry’umuryango nyarwanda, akoresheje ijwi rye mu kubaka igihugu no gukomeza gusigasira ubumwe bwacyo.

 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments