• Amakuru / POLITIKI

Amakuru ava mu Burundi aravuga ko hari abasirikare b’iki gihugu bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu cyose n’amaguru, bazira kwishyuza amafaranga bakoreye ubwo barimo barwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba basirikare banahoze mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri Somalia, amakuru avuga ko mbere yo guhanishwa kiriya gihano bagombaga gusanga Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo mu ntara ya Muramvya aho yagombaga kuremesha inama ngo bamubaze aho amafaranga yabo yarengeye.

Iyo nama icyakora ngo byarangiye itabaye, bahitamo gushaka indi nzira bishyurizamo.

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Pacifique Nininahazwe, yatangaje ko yahawe amakuru y’uko bariya basirikare bahise bahabwa “igihano cyo kuzenguruka u Burundi bwose n’amaguru.”

Amakuru avuga ko aba mbere ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 22 Ukwakira bari bamaze kugera mu yahoze ari intara ya Ruyigi, ndetse ko urugendo rw’igihano cyabo rukomeje.

Kuva muri 2023 u Burundi bwohereje mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bataillon zibarirwa muri 19, bakaba baragiye gufasha ingabo za kiriya gihugu mu ntambara zirwanamo n’umutwe wa M23.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments