• Amakuru / POLITIKI


Ku wa kane  tariki  ya 23 Ukwakira 20225 nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje  imyaka 68 y’amavuko ,umunsi abanyarwanda mu nzego zose  ndetse n'abayobozi  bakomeye kw’isi bamwifurije isabukuru nziza no gukomeza kuramba babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Nawe ntiyazuyaje  gufata  umwanya  wo gushimira abo bose bafashe  umwanya bakamwifuriza isabukuru nziza y’amavuko .

Perezida Kagame abinyujije kuri X yashimiye buri umwe wamwifurije isabukuru nziza anabasabira umugisha.

Yanditse ati: "Ku nshuti nyinshi, Abayobozi n’abandi banyifurije ibyiza ntabwo nagize amahirwe yo kumenya buri umwe ku giti cye, ndashaka kubashimira byimazeyo ku bwo kunyifuruza ibyiza mu isabukuru y’Amavuko. Imigisha.”

Umukuru w’Igihugu yavutse ku wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 1957, avukira ku musozi wa Nyarutovu muri Tambwe, mu Ruhango y’ubu, ku Ngoma y’Umwami Mutara III Rudahigwa.

Yavutse ari umuhererezi mu muryango w’abana batandatu, abahungu babiri n’abakobwa bane kuri se Rutagambwa Deogratias na Bisinda Asteria Rutagambwa. Perezida Paul Kagame  ayoboye u Rwanda kuva 22 Gicurasi 2000 kugeza ubu.




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments