• Amakuru / MU-RWANDA


Hari Imiryango 16 yo mu Murenge wa Kanjongo,  mu Karere ka Nyamasheke, yasigajwe inyuma n'amateka, ihurira mu bwiherero bumwe ndetse n'inzu zigiye kubagwaho bakaba basaba ko bakubakirwa bakava muri izi nzu, aho gusubira muri Nyakatsi no kwiherera ku gasozi.

Bihoyiki ni umwe muri aba baturage bo muri uyu Murenge wa Kanjongo, basigajwe inyuma n'amateka yabwiye umunyamakuru wa BTN TV uburyo bajya mu bwiherero budasakaye ndetse bw'ubatswe n'ibikuta bibiri. 

Yagize ati:"Urabona saa 6h00' za mugitondo, uraziko buri wese aba yitegura kujya ku bwiherero, ibaze kugira ngo uhagarare hano kugira ngo urebe ko hari umuntu wagiyemo. Iyo umwe agiyemo arindira ko avamo undi ajyamo uko nguko... Ubwo rero turasaba ubufasha bwo kubakirwa kuko reba izi nzu ukuntu zimeze, ubwiherero...Kandi bavuga ngo wicare heza, inzu nziza n'ubwiherero bwiza bibe biri kumwe none urabona imvura iragwa ikadusanga mu nzu, twajya kwihagarika imvura ikadusanga hanze."

Si cyo kibazo gusa giteye Bihoyiki agahinda kuko n'inzu abamo na bagenzi iyo uri mu nzu imbere ushaka kureba hanze ntibigusaba gusohoka kuko igisenge cy'amategura yamenaguritse iyo imvura iguye ikabasanga mu nzu irabayangira bikaba akarusho iyo iguye nijoro kuko barara bikinga ku bikuta n'abana. 

Ati:"Turanyagirwa simbona ahantu nerekeza n'abana, iyo imvura iguye byutsa abana tukareba ahantu twicara kugira ngo imvura ibanze ihite, yahita tukabona gusubira aho twanyagiriwe"

Mugenzi we yakomeje agira ati:"Ni amategura mo imbere, inzu y'amategura iyo imaze imyaka 30 cyangwa 35 iyo nzu iba igomba gusanwa, mu kuyisana rero natwe twakabyikoreye ariko nta bushobozi dufite.

Icya mbere aho dutuye urabona ukuntu bimeze, icya kabiri nta butaka dufite wenda ngo tube twagira ishyamba ngo umuntu agende ateme igiti."

Undi na we yunzemo agira ati:"Turacyari muri nyakatsi, Karehe niyo isigaye muri nyakatsi kandi abandi bose babakuye muri nyakatsi, turavirwa, kandi ubu umubyeyi (Perezida Paul Kagame) aziko turyama ahantu heza, tuguwe neza, niba ibintu byaranze kandi jye nziko byaje ariko nyine ntabyo tubona...Tumerewe nabi turanyagirwa igitondo n'ikigoroba."

Icyifuzo cy'aba basigajwe inyuma n'amateka ni uko bakubakirwa ubwiherero ndetse n'inzu kuko izo bafite zigiye kubagwaho. 

Umwe ati:"Icyifuzo cyanjye ni uko mwamvugira mukareba ukuntu iyi nzu yanjye yasanwa igasakarwa. Ubufasha dusaba ni ukugira ngo natwe tugaragare neza nk'abandi."

Aba basigajwe inyuma n'amateka bakomeje bavuga ko kuba baba mu nzu zenda kubagwaho kandi zikaba ziva cyane bibagiraho ingaruka zitandukanye zirimo no kubura aho babika ibyangombwa.

Umuyobozi wa Karere ka Nyamasheke, Mupenzi Naricisse, avuga ko bari muri gahunda yo gusanurira abatishoboye n'aba basigajwe inyuma n'amateka amateka nabo bakaba bari ku rutonde rw'abazagerwaho n'iyo gahunda.

Yagize ati:"Ngira ngo ku basigajwe inyuma n'amateka dufite gahunda y'isuku n'isukura, tukagira na gahunda yo kuvugurura abafite inzu zishaje, zimeze nabi ndetse n'ubwiherero na bariya baturage bose bo muri kariya Kagari dufite urutonde rwabo kandi n'abo basigajwe inyuma n'amateka nabo barimo."

Muri rusange imiryango isaba kubakirwa ubwiherero n'inzu irenga 40 aho mu Mududgudu wose hagarara ubwiherero butarenze butatu nabwo bumeze nko kwiherera hanze. 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments