Urukiko
Rukuru rwa Pretoria rwasabye uwahoze ari Perezida w’Afurika y’Epfo, Jacob Zuma,
kwishyura amafaranga ya Leta yakoreshejwe mu kumufasha kwishyura abamwunganira
mu manza zitandukanye yagiye aburana.
Jacob
Zuma yahawe iminsi 60 yo kuba yishyuye ayo mafaranga,
bitaba ibyo, umutungo we ukaba watezwa cyamunara cyangw ugafatirwa
Mu
mwanzuro wasomwe ku wa Gatatu, Umucamanza Anthony Millar yategetse ko abashinjacyaha ba Leta
batangira gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’icyo cyemezo, harimo gufatira no
kugurisha umutungo wimukanwa ndetse n’utimukanwa w’uwahoze ari Umukuru
w’Igihugu kugira ngo asubize amafaranga ya Leta yakoreshejwe mu manza.
Iryo
tegeko riranemera ko hari n’amafaranga ya pansiyo ye nayo kuba yarabaye perezida ashobora gufatirwa kugira ngo ayo
mafaranga yishyurwe yose cyangwa igice cyayo.
Icyo
cyemezo kije mu gihe hari hashize igihe kirekire havugwa ikibazo cy’uko Zuma
yakoresheje amafaranga ya Leta agera kuri miliyoni 29
z’amarandi ahwanye na miliyoni 1.7 z’amadolari
mu kwishyura abamwunganira mu manza z’ibyaha yashinjwaga n’izindi nzego
z’amategeko.
Like This Post? Related Posts