• Amakuru / POLITIKI

Ku gicamunsi cyo kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025 nibwo  mu nteko ishinga amategeko y’U Rwanda habereye  umuhango wo kwakira  indahiro z’abasenateri 6 barimo Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, Uwizeyimana Evode, Dr. Uwamariya Valentine, Gasana Alfred, Frank Habineza na Nkubana Alphonse wayobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame 

Mu ijambo rye yagejeje kubagize inteko ishinga amategeko Perezida Paul Kagame yabahaye umukoro wo kwita cyane ku nshingano zabo, bakibuka ko Abanyarwanda bakeneye byinshi kandi amikoro igihugu gifite akaba adahagije, bityo ko bakwiye kugira uruhare mu gutuma ibintu bikorwa neza.

Perezida Kagame yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko cyane cyane Sena, ifite uruhare rukomeye, mu miyoborere y’igihugu, agaragaza ko ituma inzego z’igihugu zibona aho zishyira imbaraga, kandi igakora isuzuma rikenewe kugira ngo inzego zose zigume ku murongo.

Yagize ati "Rero guhuza intego z’igihugu z’igihe kirekire n’ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, ni ugukora ku buryo ibyemezo bifatwa bijyana n’ibyo Abanyarwanda bakeneye kandi bigatanga ibisubizo ku bibazo Abanyarwanda bafite."

"Ubundi urebye ibyo Abanyarwanda bifuza ni byinshi cyane ndetse birenze n’amikoro yacu, ariko ibyo na byo ni byo bitwibutsa ko no mu mikoro make, tugomba kuyakoresha neza, kugira ngo agere ku byo dushobora bishingiye kuri ibyo bike dufite’.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko inshingano Sena iba ifite zikwiye gukoreshwa neza, kugira ngo bike igihugu gifite bigere ku Banyarwanda benshi uko bishoboka, kandi bigakorwa mu buryo busanzwe.

Ati "Abafite byinshi byo gusesagura bakora ibintu uko bishakiye kuko nta kibagoye kiba gihari, ariko kuri twebwe ibitugoye ni byinshi ni yo mpamvu rero tugomba kubyifatamo neza. Ndashaka ko Abasenateri muri ubwo buryo bagomba gutanga umurongo, ugaragara w’ibyihutirwa, mukanagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo ngibyo kandi mugaharanira ko bikorwa mu gihe kiba gikwiriye".

Perezida Kagame kandi yanibukije Abasenateri ko bagomba gukurikirana kugira ngo uko Politike y’igihugu kenshi iba igaragara neza mu nyandiko, abe ari na ko igaragara mu ishyirwa mu bikorwa, kuko akenshi mu mpapuro iba yanditse neza, ariko mu kuyishyira mu bikorwa ntibigende neza.

Ati "Ikintu cy’ibanze cya ngombwa ni uko ibyo byiza byanditswe bishyirwa mu bikorwa, ntibihere mu mpapuro gusa, ntibihere mu nyandiko, ndetse iteka abantu bagahora babaza, bibaza impamvu ibikorwa byihutirwaga kandi byari bifite amikoro, nubwo dufite amikoro adahagije, impamvu biba btashyizwe mu bikorwa uko bikwiriye".

Umukuru w’Igihugu yibukije ko kubera ubwo bushake bwo kwihutira gukora ibintu bizima, abatujuje inshingano zabo bakwiriye kubibazwa, ibisubizo bigatangwa kugira ngo ubutaha amakosa aba yakozwe atasubiramo.

Ati "Abasenateri rero sinirirwa mvuga byinshi, muzi aho tuvuye, muzi aho turi, muzi aho tugana, inshingano yanyu murayumva, ndetse harimo inshingano yo kwibutsa twese, icyo dushinzwe no kugisobanura igihe byagaragaye ko kitari mu buryo, mukwiye gukoresha rero mutyo, ni bwo muzaba mugiriye akamaro igihugu cyacu.

Yarangije abifuriza kuzagira imirimo myiza, ati "Muzakore neza imirimo ijyanye n’inshingano mumaze kurahira."









 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments