Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yirukanye mu gisirikare abofisiye bakuru batatu bamaze amezi atatu bakurikiranyweho kugambirira kumugirira nabi.
Aba ni Gen
Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC n’Umujyanama wa
Tshisekedi mu birebana n’Igisirikare na Gen Franck Ntumba wari ushinzwe
ibikorwa by’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Undi mu ofisiye ni Brig
Gen Katende Batubadila Benjamin wabaye umuyobozi wungirije w’umutwe w’ingabo
zishinzwe kurinda abayobozi bakuru, ushinzwe ibikorwa n’iperereza.
Umunye-Congo wabaye
Umujyanama mu mavugurura y’urwego rwa RDC rushinzwe iperereza, Jean-Jacques
Wondo, yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe mu ibanga bitewe n’uburemere bw’ibyo
aba bofisiye bashinjwa.
Yagize ati “Iki cyemezo
kiri mu iteka rya Perezida ryagizwe ‘ibanga rikomeye’ ryasinywe na Perezida
Félix Tshisekedi, ariko nticyajya mu ruhame bitewe n’uburemere bw’ibirego
bishinjwa aba bofisiye.”
Mbere y’uko Gen Tshiwewe
na bagenzi be birukanwa mu gisirikare cya RDC, tariki ya 6 Ukwakira hari
hafashwe icyemezo cyo gukura ku ngoro y’Umukuru w’Igihugu abasirikare
bakoranaga na bo bya hafi mu rwego rwo kwirinda ko bagirira nabi Tshisekedi.
Aba basirikare bimuriwe ku cyicaro gikuru cy’igisirikare cya RDC kugira ngo bahabwe inshingano mu bindi bice by’igihugu, bitari mu murwa mukuru, Kinshasa.
Like This Post? Related Posts