• Amakuru / POLITIKI


Abantu 14 basize ubuzima mu nkongi y’umuriro yadutse mu ijoro ryo ku Cyumweru, rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki ya 27 Ukwakira, mu Mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, umubare w’abapfuye n’agateganyo. Amakuru amwe avuga ko ibyago byabereye hafi y’itorero rya Funu Nuru, kuri Avenue Maendeleo, mu gace ka Mosala.

Inkongi y’umuriro hataramenyekana icyayiteye yadutse mu gihe abapfuye bari basinziriye nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.

Abakorerabushake ba Croix-Rouge bageze aho, hamwe n’urubyiruko rwaho, bavanye imirambo yahiye mu matongo.

Umuyobozi w’agace ka Mosala, Patrick Lubala, yavuze ko amarangamutima yari yose iruhande rw’imibiri yahiye ku buryo utamenya abapfuye yari irambitse aho.

Ati: “Inzu zirindwi zahiye zirakongoka kandi enye zirasenywa kugira ngo umuriro udakwirakwira. Ubu turi kwimurira abapfuye mu buruhukiro bw’ibitaro by’intara i Bukavu”.

Mu cyumweru gishize, abana batatu bo mu muryango umwe na bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro mu gace ka Nyalukemba, kuri avenue Kayabu 2, i Bukavu n’ubundi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments