• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,  Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saudite aho yatangiye uruzinduko rw’akazi akazanitabira inama FII  izaterana ku nshuro ya 9.

Ibiro by’umukuru w’Igihugu Village Urugwiro byatangaje ko umukuru w’Igihugu akigera i Riyad n’ Igikomangoma cya Arabie Saudite, Mohammed bin Salman aho aba bombi bagiranye ibiganiro byibanze ku gukomeza gushimangira ubufatanye hagati ya Rwanda n’Ubwami bwa Arabie Saoudite mu nzego zitandukanye z’ubukungu.


Iyi nama ya FII9 (Future Investment Initiative) umukuru w’igihugu azitabira ni inama ku ishoramari ry’ahazaza aho abayitabira barebera hamwe ibikenewe mu iterambere ry’ishoramari ritanga iterambere rirambye.

Ihuriza hamwe abayobozi b’ibihugu, ba rwiyemezamirimo bakomeye, n’abandi bavuga rikumvikana bo hirya no hino mu isi.

Ni inama yatangiye kuri uyu wa 27 Ukwakira ikazamara iminsi 3 aho ibiganiro nyirizina biteganyijwe kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments