• Amakuru / POLITIKI

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu n’abayobozi batandukanye mu biganiro byabereye kuri King Abdulaziz International Conference Center I Riyadh Muri Arabiya Sawudite , byibanze ku kibazo gikomeye cyibazwaga kiti: “Ni ikihe giciro nyakuri cy’umutekano w’ubukungu?”

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko isi ikeneye gusubiramo imitekerereze y’imikorere y’ubucuruzi mpuzamahanga, kugira ngo habeho uburyo bw’ubucuruzi bunoze kandi bufungurira amahirwe angana ibihugu byose, cyane cyane ibikiri mu nzira y’amajyambere.

Yakomeje avuga ko kugera ku mutekano w’ubukungu bisaba ubufatanye bufunguye, butuma amahanga yose agira uruhare mu iterambere, hatabayeho kubangamira ibihugu bikennye cyangwa kubisiga inyuma.

“Dukeneye inzego z’ubucuruzi zisaranganya inyungu mu buryo buboneye, kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bubashe kuzamuka mu buryo burambye,”  : Perezida Kagame.

Ibi biganiro byitabiriwe n’abayobozi batandukanye baturutse ku mugabane wa Afurika, Aziya n’ahandi ku isi, bigamije kureba uko umutekano w’ubukungu wagira uruhare mu kubaka ejo hazaza h’ibihugu byose, hibandwa ku iterambere rirambye n’ubucuruzi bunoze.

Perezida Kagame amaze iminsi mu ruzinduko muri Saudi Arabia aho yitabiriye ibiganiro mpuzamahanga bigamije gushyira imbere ubufatanye, ubukungu n’ikoranabuhanga.

Inama ya Cyenda ku ishoramari yitabiriwe n’abagera ku 2 500 barimo abakuru b’ibihugu na za guverinoma n’abakuriye ibigo byigenga baturutse kw’isi hose.






 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments