 Yanditswe na: NSANZABERA Jean Paul
                    			30/10/2025 10:10
                    		   
                    		    Yanditswe na: NSANZABERA Jean Paul
                    			30/10/2025 10:10
                    		   
                    		    
        		
        		   Umuhanzi
Kayitare Josue uzwi nka Afrique wamenyekanye mu ndirimbo
nk’Agatunda,Sana,My boo, Rimpe n’izindi yasabye
imbabazi abafana be  ndetse anasobanura
Impamvu alubumu ye  In2Stay itasohotse ku
tariki yari yabijeje 
Mu byumweru
bibir bishize ikipe  ifasha Afrique  mu bikorwa bye  yari yatangaje ko Alubumu ye yise  In2stay 
izajya  ahanze  ku tariki ya 
28  Ukwakira 2025 ndetse  banatangaza amazina y’indirimbo zizaba
ziyigize   ariko siko byaje kugenda  kuko abafana be bategereje amaso agahera mu kirere
bigatuma bibaza byinshi.
Uyu  musore uri mubakunzwe cyane hano mu
Rwanda  muri iyi minsi nyuma yo
kugira  ikibazo cya Tekinike bigatuma
alubumue ye itajya hanze yasimbukiye ku mbuga ze nkoranyambaga maze asaba
imbabazi abakunzi be anabasobanurira ikibazo cyabaye kugira ngo  idasohoka .
Yagize
ati: “Kuri mwe mwese bafana banjye namwe baterankunga, mbasabye imbabazi kubwo
gutinda kubaha Alubumu IN2STAY.”
Kubera ibibazo tekiniki byabayeho
tutateganyaga byatumye idasohoka ku matariki yagenewe.
yakomeje abasezeranya ko we n’itsinda
rye barimo gukora ibishoboka ngo bikemuke kandi ikazabageraho imeze neza.
Afrique
yasoje ubutumwa bwe ashimimira abafana be 
urukundo bakomeza kumugaragariza 
muri uru rugendo  rwe 
Ati:”ndabashimira  ku kwihangana, ubufatanye, urukundo, mu by’ukuri
bisobanuye buri kimwe, ntabwo muzategereza igihe kinini.”
IN2STAY ni Alubum izaba iriho ’indirimbo
13 hariho izo yakoranye n’abahanzi bo hanze y’u Rwanda ikaba ifite umwihariko
wo kuba yarakozweho naba Producer benshi ba bahanga hano mu Rwanda 
 
 
