 Yanditswe na: NSENGIYUMVA J Damascene
                    			31/10/2025 10:32
                    		   
                    		    Yanditswe na: NSENGIYUMVA J Damascene
                    			31/10/2025 10:32
                    		   
                    		    
        		
        		   Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ingingo y’ifungurwa ry’Ikibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Goma ireba umutwe wa AFC/M23, ndetse ikwiriye kuganirwaho mu biganiro bya Doha biyihuza na Leta ya RDC.
AFC/M23
igenzura iki kibuga cy’indege kuva mu mpera za Mutarama 2025 ubwo yafataga
Umujyi wa Goma, iwirukanyemo ihuriro ry’ingabo za RDC ryasize ryangije ibice
byinshi byacyo birimo umunara uyoborerwamo indege.
Mu nama yiga ku mutekano w’Akarere ka
Afurika y’Ibiyaga Bigari yabereye i Paris ku wa 30 Ukwakira 2025, Perezida
Emmanuel Macron w’u Bufaransa yatangaje ko iki kibuga cy’indege kizafungurwa mu
byumweru bike biri imbere, kugira ngo kijye cyifashishwa mu bikorwa
by’ubutabazi kabiri mu cyumweru.
Yagize ati "Ndagira ngo mbamenyeshe
ko mu byumweru biri imbere, tuzafungura ikibuga cy’indege cya Goma kugira ngo
kijye kigwaho indege z’ubutabazi iminsi ibiri. Ni indege nto bitewe
n’ubushobozi bwacyo. Bizakorwa hubahirizwa ubusugire bwa RDC kugira ngo indege
za mbere z’ubutabazi zijyeyo bidatinze.”
Macron yatanze ubu butumwa nyuma yo
kugirana ikiganiro na Félix Tshisekedi n’umuhuza washyizweho n’Umuryango wa
Afurika Yunze Ubumwe (AU), Faure Gnassingbé, cyabereye mu muhezo ku gicamunsi
cyo ku wa 30 Ukwakira.
Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick
Muyaya, yasamiye hejuru ubutumwa bwa Perezida Macron, atangaza ko ubutegetsi
bw’igihugu cye ari bwo bwonyine bufite ububasha bwo gufungura iki kibuga
cy’indege.
Ati "Gufungura ikibuga cy’indege
cya Goma bizaba gusa hashingiwe ku ruhushya rwa Leta ya RDC kandi
kizafungurirwa gusa indege z’ubutabazi zizajya zihagwa mu masaha y’amanywa.”
Minisitiri Nduhungirehe wahagarariye u
Rwanda mu nama y’i Paris, yatangarije abanyamakuru ko gufungura ikibuga
cy’indege bidakwiye guhutiraho, cyane ko AFC/M23 itari ihagarariwe muri iyi
nama nyamara ari yo ikigenzura.
Yagaragaje ko igishoboka kandi cyakoroha
ari uko ingingo yo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma yaganirirwa muri
gahunda y’amahoro ya Doha ihuza AFC/M23 na Leta ya RDC kuva muri Werurwe 2025.
Ati "Ku bijyanye n’ikibuga
cy’indege cya Goma, muribuka ko kigenzurwa na AFC/M23. Uko tubyumva nk’u Rwanda
ni uko icyemezo cyafatirwa mu biganiro bya Doha kubera ko ari ho Leta ya RDC na
AFC/M23 byakwicara bikaganira ku bisubizo by’iki kibazo…Paris ntiyafungura iki
kibuga cy’indege kuko abo bireba ntibahagarariwe.”
AFC/M23 yasubije
AFC/M23 yatangaje ko ubutumwa bwa
Perezida w’u Bufaransa buhutiyeho, kuko icyemezo cyo gufungura ikibuga
cy’indege cya Goma cyakabaye gifatirwa mu biganiro bya Doha biyihuza na Leta ya
RDC.
Ibi byatangajwe n’umuyobozi w’iri
huriro, Corneille Nangaa, ati "AFC/M23 yumva itarebwa n’itangazo ryo
gufungura ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Goma."
Umuvugizi w’iri huriro, Lawrence
Kanyuka, yatangaje ko ingabo za RDC zimaze igihe zigaba ibitero bikomeye ku
basivili, kandi ko byageze n’aho zirasa indege ebyiri zifashishwaga mu bikorwa
by’ubutabazi ku kibuga cy’indege cya Walikale na Minembwe.
Kanyuka yasobanuye ko mu gihe Leta ya
RDC ikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, igashyira ubuzima bw’abasivili mu
kaga, idakwiye guhabwa ibyo yifuza.
Ati "Ikindi kandi, mu gihe abari
barahunze bose basubiye mu bice baturutsemo, nta bwihutirwe bw’ibikorwa by’ubutabazi
bukenewe mu bice byabohowe. AFC/M23 irasaba u Bufaransa kutagwa mu mutego
w’imiryango y’ubutabazi yungukiye cyane ku bari barahungiye mu nkenegero
z’umujyi wa Goma.”
AFC/M23 yatangaje ko imiryango
y’ubutabazi ishyigikiye ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa ari yo
yakomeje gutera inkunga umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe kugira ngo
ikomeze kubaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u
Bufaransa, Jean-Noël Barrot, yabajije uwo Guverinoma y’igihugu cye yaganiriye
na we ku ifungurwa ry’ikibuga cy’indege, ntiyasubiza, ahubwo asobanura ko
umwanzuro wa nyuma ushobora gufatirwa muri Qatar.
Minisitiri Barrot ati “Iyi nama
mpuzamahanga yari umwanya wo kwihutisha ibiganiro kuri iyi ngingo, bizakomereza
mu buhuza bwa Qatar, hongerewemo ibishya byatangiwe hano i Paris.”
 
 
