• Imyidagaduro / IBITARAMO

Mbonimpa  Matusera   uzwi  mu muziki nyarwanda Water Sax Methuselah unafatwa nk’umwe mu bahanga  mu kuvuza igikoresho cya saxophone mu Rwanda yateguje abakunzi be igitaramo azabamurikiramo umzingo we wa kabiri yise  Wazimba .

Uyu mugabo wakuriye  mu ishuri rya  Muzika ryo  ku Nyundo akaba n’umwe mu mfura zaryo guhera  mu mwaka wa 2013 aho yatangiye kujya agaragara mu bitaramo bitandukanye akoresha injyana ya  Nkombo Fusion ikubiyemo  ndetse n’umuziki wo ku isi (World Music).akoresheje  igikoresho  cya Saxophone ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye muri muzika gakondo nyafurika

Uyu muhanzi uvuka mu karere ka Rusizi  mu kiganiro yahaye  umunyamakuru wa BTN Rwanda yamubwiye ko umuzingo we yawise  Wazimba izina akomora mu rurimi  rwo ku kirwa cya nkombo ruzwi nk’amahavu akaba yararikorsheje ashaka gukomeza guhesha urwo rurimi agaciro nubwo Atariho avuka ariko barukoresha cyane muri  kariya karereka Rusizi  .

Yakomeje avuka ko  ijambo Wazimba mu rurimi rw’ igihavu rivuga ngo Wakiba Ziva” bivuga gusaba imbabazi cyangwa kwemera ikosa mu gihe  wakosheje mu bantu .

 Ati: “Impamvu nayise Wazimba nuko mu buzima nta muntu udakosa. Nashakaga gukangura abantu kugira urukundo, no gusaba imbabazi igihe wakosherejwe cyangwa wakosheje.”

 

Mu  dushya twitezwe muri iki gitaramo ni uko Water Sax Methuselah n’abacuranzi be biteguye gutarama no guha abazaritabira icyo  gitaramo  ibihe byiza by’umuziki w’umwimerere.”

Ku rubyiniro azafatanya n’abandi bahanzi bafite umwihariko barimo Itorero Intayoberana, umuhanzi Shom ndetse na DJ Juan

Album Wazimba izaba ikurikira iya mbere Methuselah yari yasohoye, igaragaza iterambere n’ubwiyongere mu bitekerezo n’ubuhanga mu myandikire n’icurangire.

 Biteganyijwe igitaramo cyo kumurika Album ye ya kabiri yise "Wazimba" kizaba tariki ya 28 Ugushyingo 2025 kuri Mundi Center, aho kwinjira bizaba ari  ibihumbi 10 kubaguze amatike  mbere y’igitaramo naho abazayagurira ku muryango bikaba ibihumbi 15.




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments