• Imyidagaduro / ABAHANZI


Inkuru y’amakimbirane yo mu rugo rw’umuhanzi Weasel Manizo na Teta Sandra, yongeye kugarukwaho nyuma yamashusho amugaragaza ari kumwe n’abana be akwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, akabyutsa impaka ku mibanire yabo.

Aya mashusho yagiye hanze mu minsi ishize binyuze ku bakoresha imbuga nkoranyambaga, agaragaza Weasel agaragaza agahinda, avuga ko abana basigaye nta nyina, akanagaragaza ko Teta Sandra yavuye mu rugo atabibabwiye.

Nubwo inkuru yakomeje gufata indi ntera mu bitangazamakuru byo muri Uganda, impande zombi ntiziragira icyo zitangaza ku mugaragaro. Abasesenguzi b’imyidagaduro bavuga ko Aya mashusho yongeye kwibutsa abantu ko umubano w’aba bombi umaze igihe urangwa n’ibibazo.

Weasel na Teta Sandra bamaze imyaka myinshi mu mubano wagiye urangwa no gutandukana no kongera kwiyunga. Bafitanye abana babiri, ariko mu bihe bitandukanye humvikanye inkuru zirimo induru, gufatwa na Polisi ndetse no kwivuza ibikomere.

Iyi nkuru yongeye kwerekana ko n’ubwo ari ibyamamare, Weasel na Teta Sandra bagihanganye n’ibibazo bikomeye by’imibanire, bikomeje gukurura amatsiko n’impaka mu bakunzi b’imyidagaduro ya Uganda.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments