• Imyidagaduro / ABAHANZI


Nyuma y’iminsi agarukwaho mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho yagiye hanze ari gutera akabariro n’umukunzi we, Yampano yongeye kuba igitaramo kubera andi mashusho ari kumwe n’indi nkumi mu cyumba bambaye ubusa.

Aya mashusho bivugwa ko yafatiwe mu cyumba cya hoteli, agaragaza Yampano ari kuvugana n’umuntu utazwi kuri ‘Video call’ hanyuma akaza guhindukiza camera akamwereka umukobwa bari kumwe mu cyumba cya hoteli yambaye ubusa buri buri.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Yampano yanditse amagambo agaragaza ko atishimiye ibihe arimo ndetse yicuza kugira inshuti zamuhemukiye zirimo n’umukunzi we.

Ati “Ndashimira Imana yatumye ndangiza umwaka wa 2025 ndi amahoro, nubwo utari woroshye. Nahuye na byinshi bihahamura umutima wanjye ibabazo by’urusobe ku buryo iyo hataba imbaraga zawe Mwami ubu mba ndi ahandi, warakoze kunyereka abantu bihinduranya nk’inzoka, inshuti zuzuye uburyarya zose wazegejeyo kugeza no kurushako rwajye (umukunzi we) ariko nemeye ukuri niga kubyakira.”

Yampano yashimiye Imana yamubaye hafi muri ibi bihe byari bimugoye, icyakora yizeza abakunzi be ko umwaka wa 2026 agiye kuwinjiramo ari mushya.

Ati “Ubu ndinjira mu mwaka wa 2026 ndi mushya, ndi njyenyine, ariko mfite amahoro. Niringiye Imana, niteguye gutangira ubuzima bushya, niga ku byabaye. Mwami yobora inzira zanjye, unyegereze ibyiza, kandi ukomeze umpe amahoro.”

Aya mashusho ya Yampano yongeye kujya hanze mu gihe abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, Ishimwe François Xavier na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta bari kuburana ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, nyuma y’uko baketsweho uruhare mu gusakaza ayagiye hanze Yampano ari gutera akabariro n’umugore we.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments