• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi  Senderi Hit nyuma  y’urugendo rurerure yakoreye  mu turere dutandukanye  tw’igihugu yongeye kugaragaza ko  imyaka 20 mu muziki atari gusa indirimbo, ahubwo ari urugendo rwo guhuriza hamwe abantu no gukangurira urubyiruko n’abaturage kubungabunga ibidukikije no kwimakaza uburere mboneragihugu.

Ku wa Gatatu, tariki ya 5 Ugushyingo 2025, Senderi Hit yafashe umwanya wihariye wo kwifatanya n’abaturage bo mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru mu muganda wo kurengera ibidukikije aho bateye ibiti 

Ari kumwe n’ubuyobozi bw’akarere, uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zirimo “Ibidakwiriye Nzabivuga”, “Twaribohoye” na “Iyo Twicaranye”, yifatanyije n’abaturage mu gutera ibiti, igikorwa cyari kigamije guha ishusho nziza ibidukikije no gukangurira buri wese kugira uruhare mu iterambere ry’aho atuye.

Nyuma y’uyu muganda, Senderi Hit yataramiye i Ndago, mu gitaramo cyabereye mu Karere ka Nyaruguru, aho imbaga y’abantu bishimye indirimbo ze ziganisha ku burere mboneragihugu.

Iki gitaramo cyari igice cy’urugendo rw’uruhererekane rw’ibitaramo uyu muhanzi akomeje mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.

Senderi  yatangarije  umunyamakuru wa BTN Rwanda ko gukora uyu muganda ari uburyo bwo kugaragaza ko umuziki Atari ukwishimisha gusa , ahubwo ushobora no gufasha mu kubaka igihugu no kwigisha urubyiruko kubungabunga ibidukikije. Ndi hano kugira ngo mbereke ko buri gikorwa cyiza gishoboka iyo dufatanyije."

Akomeza agira ati “Kwizihiza imyaka 20 mu muziki ni urugendo rurerure, ariko kuba ndi kumwe n’abaturage bacu mu turere dutandukanye byampaye ibyishimo bidasanzwe. Ndi hano kugira ngo mbashimishe kandi mbereke ko umuziki ufite ubutumwa bukomeye."

Ku wa Kane, tariki ya 6 Ugushyingo 2025, Senderi Hit yakomeje urugendo rwe i Ndora mu Karere ka Gisagara. Iki gitaramo cyarimo ibihumbi by’abantu, harimo abayobozi b’inzego zinyuranye, n’abakunzi b’umuziki we.

Ati "Igitaramo cyo  ku Gisagara cyari kirimo imbaraga nyinshi. Ni ibyishimo kubona abantu baza bishimye, bakishimira indirimbo n’ubutumwa bujyanye n’iterambere ry’igihugu. Urugendo rw’ibi bitaramo ruzakomeza, kandi nizeye ko buri wese azava muri iki gitaramo afite isomo ryiza."

Senderi Hit yashimangiye ko urugendo rw’ibi bitaramo rudahagarara, aho mu cyumweru gitaha  azataramira ab’I Musanze, Nkotsi na Rubavu ku kibuga cya Kanama, akomeza kwishimira imyaka 20 amaze akora umuziki w’uburere mboneragihugu.

Uyu muhanzi yagaragaje ko umuziki we atari ugushimisha gusa, ahubwo ari uburyo bwo guhuriza hamwe abantu, kubakangurira kwita ku bidukikije, no gutanga ubutumwa bufite akamaro ku muryango nyarwanda.

Ni urugendo rwuzuye ibikorwa bifatika, ubutumwa bwubaka, n’imibereho myiza y’abaturage, bigaragaza ko Senderi Hit atari umuhanzi usanzwe, ahubwo ari umuyobozi mu muziki w’uburere mboneragihugu.

 

 










Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments