• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi abijuru Lewsi ukunzwe kw’izina rya  Papa  Cyangwe uri kwitegura  kwizihiza imyaka itanu amaze  mu muziki  yishimira  byinshi amaze kugeraho harimo kuba yarabaye umugabo agashaka ndetse akanibaruka  umwana w’umuhungu

Uyu muhanzi witegura gukora igitaramo  cyo kwizihiza iyo myaka amaze  mu muziki yise Papa  Cyangwe 5 years  Experience  aho azahurira n’abakunzi be bagasangira ndetse akabaganiriza  byinshi ku rugendo rutoroshye  yagize .

 

Papa Cyangwe mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda yavuze ko  muri  iyi myaka itanu hari ibintu  byinshi byamwigishije mu buzima  ndetse  no  mu kazi gasanzwe akora k’ubuhanzi .

Yagize  ati “ Nshuti zanjye imyaka itanu si mikeya kuko rwari urugendo rukomeye cyane kandi rutoroshye kuko ibyo nakoraga byose  nahuriye n’ibyiza ndetse n’ibibi gusa nabikuyemo  amasomo mensi kandi akomeye atuma nkomeza gukora cyane

 

 

Umuziki wampuje n’abantu, unyigisha byinshi ku buzima n’ukuri kw’isi. Ni imyaka y’ibitambo byinshi, y’ibyuya, ariko n’iy’amahirwe menshi yo guhura n’abantu batandukanye bangiriye akamaro.”

Ni amagambo agaragaza ko umuziki atawufata nk’akazi gasanzwe, ahubwo nk’inzira yo gukura mu bitekerezo no mu buzima busanzwe.

Uretse intambwe z’ubuhanzi, Papa Cyangwe avuga ko mu rugendo rw’imyaka itanu amaze gucamo, habayemo n’impinduka mu buzima bwe bwite, aho kuva mu busore yinjiye mu rugendo rwo kuba umugabo ufite umuryango.

Ati: “Navuga ngo muri iyo myaka itanu, naje no kuvamo umugabo, ngira umuryango. Ni kimwe mu bintu byanshimshije. Cyane, ko umuryango ari ikintu twese tuba twifuza kugira, rero kugira umuryango n’ikindi kintu cyambayeho muri urwo rugendo rw’imyaka itanu, kikampindura, yaba uko ngaragara no mu myitwarire.”

Aya magambo ye agaragaza umuhanzi utagifata ubuzima nk ‘imikino”, ahubwo nk’urugendo rw’ukuri rufite agaciro mu buryo bw’umuryango n’ubuzima bw’umuntu ukura mu nzozi akajya mu nshingano.

Igitaramo “Papa Cyangwe 5 Years Experience” kizaba kirimo byinshi — kuva ku ndirimbo zamumenyekanishije kugeza ku ziri kuri album ye nshya “Now or Never”, izamurikwa muri uwo munsi.

Azafatanya n’abahanzi banyuranye yakoranye na bo mu myaka yashize. Ntabwo bose baratangazwa, kuko nk’uko abivuga, harimo abazatungurana ku munsi nyirizina.

Ati: “Hari abazaririmba mu gitaramo bazatangazwa mbere, hari n’abandi bazatungurana mu gitaramo. Hanyuma iki gitaramo kizahurirana no kumurika Album yanjye nshya yitwa ‘Now or Never’.”

Igitaramo kizabera muri Kigali Universe, ahateganyijwe kwinjira ari: 7,000 Frw (ahasanzwe), 10,000 Frw (VIP) na 15,000 Frw (VVIP). Ku meza y’abantu batandatu: 200,000 Frw, harimo n’icyo kunywa.

 

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments