• Amakuru / POLITIKI


Abantu babarirwa muri 240 muri Tanzania barezwe icyaha cyo kugambanira igihugu, nyuma y’imyigaragambyo irimo imvururu yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka kuhaba.

Perezida Samia Suluhu Hassan yatangajwe nk’uwatsinze aya matora ku majwi 98%, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bayahejwemo bavuga ko atanyuze mu mucyo.

Indorerezi zayakurikiranye na zo zivuga ko atubagirije amahame ya demokarasi.

Perezida Samia wari warashimwe kubera gufungura urubuga rwa politiki akiza ku butegetsi muri 2021, kuri ubu arashinjwa kongera gukandamiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu gihe cy’amatora abashinzwe umutekano bashyamiranye n’abigaragambyaga, kandi amakuru avuga ko abantu amagana bishwe, nubwo inzego za leta zabigize ubwiru.

Abarezwe kugambanira igihugu barimo umushoramari Jenifer Jovin n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bashinjwa gushishikariza abantu kwigaragambya no guhungabanya amatora.

Aba bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu, ariko muri Tanzania iki gihano gikunze gusimbuzwa gufungwa burundu.

Imyigaragambyo yabaye muri Tanzania yanagize ingaruka ku Banyakenya baba muri iki gihugu, dore ko bivugwa ko hari abishwe, abafashwe, cyangwa bakomerekejwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yasabye ubutegetsi bwa Tanzania kurinda no kurengera ubuzima bw’Abanyakenya.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments