Polisi yo mu Mujyi wa New Delhi yatangaje ko imodoka yaturikiye muri uyu mujyi hapfa abantu umunani abandi barakomereka.
Umuvugizi wa Polisi muri New Delhi, Sanjay Tyagi, yavuze ko
bakiri gukora iperereza ku cyatumye iyi modoka iturika.
BBC yanditse ko uru rusaku rw’iri turika rwari ruremereye cyane
ku buryo abari muri uyu mujyi na Leta byegeranye baryamiye amajanja.
Umuyobozi wa Polisi ya New Delhi, Satish Golcha, yavuze ko
imodoka yagendaga buhoro yaturitse igaturitsa n’izindi.
Ati “Hari abantu bapfuye, abandi barakomereka.”
Ibitero bikomeye byagabwe muri New Delhi cyaherukaga mu 2008 ubwo ibisasu byaterwaga mu bubiko bw’amasoko mu bice bitandukanye bigahitana abarenga 20.