• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuranyi  Richard Nick Ngendahayo wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya nka Niwe n’izindi nyinshi  zakunzwe  na benshi yasuye urwibutso rwa Kigali maze yunamira inzirakarengane zazize  Jenoside yakorewe Abatutsi  1994 zihashyinguye.

Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Kigali bwashyize ku rubuga rwa X ubutumwa  bugaragaza ko Richard Ngendahayo yasuye Urwibutso rwa Gisozi ku wa 10 Ugushyingo 2025.

Ubwo butumwa bugira buti: “Mu ruzinduko yagiriye ku rwibutso uyu munsi, Richard Nick Ngendahayo, yunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi ashyira indabo ku mva, anasura ibice by’uru rwibutso kugira ngo arusheho kumenya amateka ya Jenoside n’urugendo rw’u Rwanda rwo kongera kwiyubaka nyuma y’imyaka  31 .”

Ubutumwa bwa Ngendahayo yanditse mu gitabo cyagenewe kwandikwamo ubutumwa bw’abasura urwibutso rwa Kigali, yagize ati: “Ibyabaye mu 1994 ntibizongera kubaho. Jenoside yakorewe Abatutsi ni isomo kuri iki kiragano, Abanyarwanda ntituzibagirwa tuzahora duhagaze ku gitekerezo ‘Ntibizongera’.”

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside basaga ibihumbi 259.000, bakuwe mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo.

Umuhanzi Ngendahayo asuye Urwibutso rwa Kigali mu gihe akomeje no kwitegura gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo ‘Niwe Healing Concert’ kizabera muri BK Arena tariki 29 Ugushyingo 2025.

Uyu muhanzi amaze imyaka 14 aba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika akaba ari mu Rwanda muri gahunda ze zitandukanye zirimo n’igitaramo akomeje gutegura.

Richard Nick Ngendahayo azwi cyane mu ndirimbo nka “Mbwira ibyo ushaka”, “Ibuka”, “Gusimba Umwonga”, “Si Umuhemu”, “Yambaye Icyubahiro”, “Wemere ngushime”, “Ijwi rinyongorera”, “Unyitayeho”, “Sinzakwitesha” n’izindi.

 





 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments