Umuhanzi akaba n’umunyabigizi
wo muri Nigeria Innocent Idibia wamneyekanye nka 2Face Idibia cyangwa 2 Baba yahishuye
ukuntu indirimbo ye African Queen yamubereye
intangiriro nziza mu muziki we mu myaka yashize kandi ko ari imwe mu ndirimbo afitanye nayo isano ikomeye cyane mu buzima bwe bwa buri munsi
Yakomeje avuga
ko iyo ndirimbo yamyhesheje izina rikomeye n’amahirwe menshi yo kumenyekana ariko
anavuga ko yanamubereye umutwaro kuri we
bitewe n’uko abantu benshi
bayifata nk’isura imuranga gusa bigatuma inzindi ndirimbo ze zidahabwa umwnaya
uhagije mu bitangazamakuru
Ibi yabigarutseho
ubwo yari mu kiganiro cyitwa Entertainment & Lifestyle Show, aho yavuze ko African Queen ari
indirimbo itazibagirana, ariko kandi imwibutsa uburyo ubwamamare bushobora
kugira impande ebyiri bukaguhesha icyubahiro ariko
kandi bukagutera n’igitutu gikomeye.
2Faces Yagize ati “Indirimbo African Queen yambereye imigisha ikomeye cyane, ariko iza no kumbera ikibazo mu buryo bumwe. Ariko ndashimira Imana kuri byose.”
Indirimbo African
Queen, yasohotse mu mwaka wa 2004, ni yo yazamuye 2Face ku rwego
mpuzamahanga, imufasha kuba umuhanzi wa mbere wo muri Afurika watsindiye
ibihembo bya BET, MTV Europe, na MOBO.
Nyamara,
iyi ndirimbo yakomeje kugarukwaho mu mibabaro n’amakimbirane yerekeye uyanditse nyirizina, nyuma y’uko Blackface, wahoze ari mugenzi wa 2Face mu itsinda rya Plantashun Boiz,
yakomeje kuvuga ko 2Face
yibye iyo ndirimbo akayiyitirira.
Mu
kiganiro cyahise mu bihe byashize, 2Face yemeye ko
African Queen yanditswe bwa mbere ari ubufatanye hagati ye n’abandi
bari mu itsinda rimwe, ariko ahakana ko yayibye cyangwa yayigize iye ku buryo bunyuranye n’ukuri.
Iyi ndirimbo imaze imyaka irenga 20 ikigarukwaho mu
bitangazamakuru, ndetse amakimbirane mashya yongeye kuvuka mu Kanama 2025, ubwo ikinyamakuru Billboard
cyayitangazaga nk’“indirimbo ya Afrobeats ikunzwe
kurusha izindi zose mu mateka” (the greatest
Afrobeats song of all time).
Like This Post? Related Posts