• Imikino /

?Ku wa gatandatu  tariki ya 08 Ugushyingo 2025  kuri  Zaria  Court   nibwo habereye  Irushanwa ryateguwe na Silverback Sports ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’ Iteramakofi mu Rwanda (RBF

Uwo mugoroba nibwo abanyarwanda  barimo  Kazungu Franck wo mu ikipe ya Body Max ari mu bitwaye neza mu irushanwa ry’iteramakofi rya Kigali Fight Night rihuza ibihugu byo muri Afurika.

Habaye imikino 11 irimo itandatu y’ababigize umwuga n’itanu y’abakinnyi batabigize umwuga. Hahuriye abakinnyi baturuka mu Rwanda, Nigeria, Tanzania, Gabon, Kenya na RDC.

Mu babigize umwuga, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’umukinnyi umwe kubera ko ariwe ufite amanota yo kwitabira iri rushanwa.

Muri aba babigize umwuga hatsinze Umunyarwanda Kazungu Frank, David Akintola ukomoka muri Nigeria, Daniella Mureketsi ukomoka muri Congo, Kingbo Hans ukomoka muri Gabon, Precious Anine ukomoka muri Nigeria, Jerry Katamba ukomoka muri Congo na Tamba Merlin ukomoka muri Cameroon.

Mu batarabigize umwuga ho hatsinze, Nduwarugira Nestor na Habyarimana Abdul bo muri Bodymax Boxing Club, Hassan Murenzi, Mugenda Innocent, Niyonzima Pacifique na Ntabanganyimana Valentin.

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’ iteramakofi mu Rwanda, Yannick Noah yavuze ko imikino ya Kigali Fight Night izajya iba buri mezi atatu kandi intego ari ukuzamura impano z’abaknnyi b’Abanyafurika.

 





 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments