• Imyidagaduro / ABAHANZI


Teta  Sandra  wamenyekanye cyane nk’umunyamideli ndetse n’umushabitsi mu Rwanda ndetse  no muri Uganda akaba ari  umubyeyi  w’abana babiri  b’abakobwa yabyaranye  na Weasel  Manizo wamenyekanye  muri Good Lyfe yatangaje  ko adateganya  kongera  kubyara vuba  kuko  kurera bihenda ariko ubu yitaye  mu kurera abana be no kubitaho  neza.

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy Tv , Sandra yavuze ko ubu yibanda ku kwita ku bana afite, aho gushaka kongera kubyara mu gihe atarategura uburyo bwuzuye bwo kubitaho.

“Ubu sintekereza kongera kubyara. Kurera abana si ibintu byoroshye; bisaba igihe, amafaranga n’ubwitange bwinshi. Ndashaka ko abana mfite bakura bafite ubuzima bwiza n’ibyishimo, aho kongera kubyara ntarabasha gutanga ibyo byose neza,”

Uyu mugore ukunze kuvugwa cyane mu myidagaduro ya Kigali na Kampala yongeyeho ko ibiciro byo kurera abana muri iki gihe biri hejuru cyane, by’umwihariko mu bijyanye n’uburezi, ubuvuzi n’imibereho myiza, bityo ababyeyi benshi bagahitamo kugira abana bake ariko babitaho neza.

Sandra Teta, umaze kwamamara nk’umwe mu bategarugori b’abanyempano muri Afurika y’Uburasirazuba, yavuze ko ubu yibanda ku kazi ke, ku muryango afite, no ku iterambere rye bwite, naho iby’imbyaro bikazaganirwaho mu bihe bizaza.

Sandra Teta yasoje agira ati “Ndashaka gufata igihe cyo kubaka ahazaza h’abana banjye neza, kuko icyo ni cyo cy’ingenzi kurusha byose,”
Uyu mugore wigaruriye imitima y’abatari bake kubera ubwitonzi n’ubuhanga bwe, akomeje kuba umwe mu banyamideli n’abanyamuziki b’abanyarwandakazi bafite izina rikomeye muri Uganda no mu Rwanda.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments