• Imyidagaduro / ABAHANZI

??Umuhanzi ukunzwe cyane muri Uganda, Pallaso Mayanja, yagaragaje akababaro gakomeye yatewe n’umuhanzi mugenzi we ndetse n’umuyobozi wa Gagamel Crew, Bebe Cool, amushinja kutamwishyura nyuma yo kuririmba mu gitaramo cya Boxing Day 2025 cyabereye i Kiwatule.

Pallaso yavuze ko yitabiriye icyo gitaramo yizeye ko ari igikorwa cy’ubucuti no gushyigikirana nk’abahanzi b’igihugu kimwe, ariko ngo yaje gutungurwa no gusanga nta kiguzi na kimwe yahawe nyuma yo kurangiza kuririmba.

Pallaso yagize  ati  “Nari nzi ko ari igitaramo cy’umuryango no gusabana nk’abahanzi, ariko sinigeze mbona n’ifaranga rimwe nyuma yo kuririmba. Bebe Cool yarambabaje cyane kuko nari nizeye ubufatanye,”

Uyu muhanzi uri  mu bakunzwe  muri Uganda  yavuze ko byamubabaje cyane kubona Bebe Cool atarubahirije amasezerano y’umwuga, cyane ko yari yizeye ko ubucuti bwabo buzaba ishingiro ry’ubwubahane.

Pallaso yongeyeho ko ibi byamubereye isomo rikomeye mu buzima bwe bwa muzika, kandi ko mu gihe kizaza azajya asinya amasezerano yanditse mbere yo kuririmba mu bitaramo  kugira ngo hirindwe ibibazo nk’ibi.

Kugeza ubu, Bebe Cool ntaragira icyo avuga ku birego bya Pallaso, ariko abafana bo ku mpande  zombi ku mbuga nkoranyambaga batangiye kuganira no gutanga ibitekerezo bitandukanye, bamwe bashyigikira Pallaso abandi bakavuga ko atagombaga kubigira ikibazo rusange.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments