• Imyidagaduro / ABAHANZI

Producer  Solomon Nsengiyumva  wamenyekanye nka Jumper Keellu umaze kumenyekana  mu gutunganya indirimbo ziri mu njyana ya Electronic Dance Music(EDM) yashyize hanze indirimbo yise All About One  yakoranye n’umuhanzikazi wo muri Canada witwa Shinz Ortega  ukoresha izina rya  Sh-1nz

 Iyo ndirimbo  All About One ni imwe mu ndirimbo  zizaba ziri kuri Alubumu aba bombi bakoranye bise Exit Wounds bateganya gushyira hanze  mu mpera  z’Uku kwezi?


Jumper Keellu yagiye akorana n’abandi bahanzi batandukanye barimo Alyn Sano. Iyo baheruka gukorana bayise ‘Needed You’, yakoranye kandi na Ariel Wayz iyitwa ‘The boy from Mars’ n’izindi nyinshi.

Uyu musore aherutse gukora album iriho abahanzi bakomeye barimo n’abakoranye na Sonny Music, avuga ko afite intumbero nk’iyandi ba-Djs bakomeye ku Isi banakora indirimbo ziri muri iyo njyana nka David Guetta.

Iyi album ya Jumper Keellu iriho indirimbo 31 Igaragaraho abahanzi batandukanye barimo uwitwa Someone Else , David One ,Mutk5 na bandi batandukanye

Ku bijyanye na Album ya  Exit Wounds  Jumper Keellu yagize ati si album isanzwe n’ indorerwamo y’ubuzima bw’abantu banyuze mu bubabare, mu bucucike no mu gutekereza kuri bo ubwabo.

Ni umushinga w’umuziki wubakiwe ku bantu bafashe umwanya wo kwisuzuma, bakicarana n’amarangamutima yabo aho kuyahunga, kandi bakemera guhura n’ibibababaza kugira ngo basobanukirwe n’uburyo bwo kubikira hakiri kare .

Buri ndirimbo iri  kuriyi album yubakiye ku gihe cyo gutuza nyuma y’akajagari, igihe umuntu atangira gusobanukirwa uwo ari we koko, icyamumenye, n’icyamufashije gukomeza kubaho.

Ijwi ry’iyi album riranyura mu majwi yoroheje yuje amarangamutima, rikavanga injyan zituje, atmosphères ziremerera, n’injyana zikomeye zigaragaza uko umutima w’umuntu uhura n’ububabare ariko ukongera gukira.

“Exit Wounds” ntabwo ari album ivuga ku bubabare gusa  ahubwo ni inkuru yo kurenga ibyo bibazo,no gukuramo amasomo, no kubona ubwiza mu bikomere usigaye ufite.

 

Yasoje avuga ko yoroherwa no gukorana n’abahanzi bo hanze kuko asanzwe afitanye imikoranire na Sony Music Entertainment.

Kimwe mu bimugora n’uko Abanyarwanda batari biyumva mu bintu akora, gusa ngo yizera ko hari igihe kizagera bakabikunda.

Uyu musore asanzwe atunganya indirimbo ze gusa, ubu ari kwiga ibijyanye no kuvanga imiziki.

 Electronic Dance Music (EDM) ni uruhurirane rw’imiziki iri mu njyana ya Electronics, ikunze kwifashishwa cyane n’aba-Djs mu tubyiniro n’ahandi.

 

 

 






Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments