• Imyidagaduro / ABAHANZI


Umuhanzi Yampano yajyanye mu nkiko ushinjwa kumwiba telefone no gushyira hanze amashusho ye y’urukozasoni

Umuhanzi uri kuzamuka mu Rwanda Florien Uworizagwira, uzwi cyane ku izina rya Yampano, yatanze ikirego mu nkiko arega Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, ukurikiranyweho kwiba video ye n’umukobwa avuga ko ari umukunzi we, bakayishyira hanze ku mbuga nkoranyambaga atabiherewe uburenganzira.

Ibi bibaye nyuma y’uko iyo video y’urukozasoni yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ku itariki ya 9 Ugushyingo 2025, bikaba byateje impaka n’amagambo menshi mu itangazamakuru no mu bafana b’ uyu umuhanzi.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Yampano yemeje ko yatanze ikirego ku wa 9 Ugushyingo, nyuma y’uko iyo video itangiye gukwirakwira cyane cyane kuri WhatsApp na Snapchat.

Amakuru avuga ko Yampano na Pazzo babanaga mu nzu imwe i Busanza, mu Karere ka Kicukiro, ariko umubano wabo watangiye kuzamo agatotsi ubwo Yampano yasabaga Pazzo kwimuka kuko umukunzi we yashakaga “umwanya wihariye wo kuruhukiramo.”

Yampano ashinja uwo bahoze babana kuba ari we washyize hanze ayo mashusho, kuko yari afite uburyo bwo kwinjira kuri konti ze za social media, aho iyo video yari ibitse. Pazzo ngo ni we wari ushinzwe kwamamaza indirimbo z’umuhanzi ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane mu gukwirakwiza song challenges.

Yampano yasobanuye ko iyo video yafashwe mu kwezi kwa Gicurasi 2025, afatanyije n’umukunzi we kandi ku bwumvikane bwabo bombi. Icyo gihe ngo yari agihuriye mu nzu imwe na Pazzo, ari na we ukekwaho kuba yarabikuye ayo mashusho kuri telephone ze nyuma yo kubona uburyo bwo kuyinjiraho.

Yampano yagize ati  “Ibyo byabaye ni  amakosa akomeye. Natanze ikirego kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo. Uburenganzira bw’umuntu ku buzima bwe ni ingenzi,”

Kugeza ubu, inzego z’umutekano zatangiye iperereza ku buryo iyo video yashyizwe hanze, mu gihe ukekwaho icyaha akomeje gukurikiranwa n’ubugenzacyaha.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments