• Imyidagaduro / ABAHANZI

??Umukino wa Billiard mu Rwanda wafatwaga nk’uw’abadashobotse cyangwa imburamukoro, ukomeje gutunga abawushoramo imari bakanawukina.

Billiard yabaye umuco mu bihugu bimwe na bimwe, gusa kumenya inkomoko yawo bikagorana kuko ibihugu byinshi byawutangije mu buryo butandukanye.

Ni muri  urwo rwego  Umuhanzi Semivumbi Daniel wamenyekanye  nka Danny Vumbi yatangije amarushanwa y’uyu  mukino wa Billard aho afasha bamwe mu bakunzi bayo  gukorera agatubutse aho utsinze muri iri rushanwa ry’uyu mukino .

 Mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda Danny Vumbi yagize ati “ nyuma yo  kubona abakunzi  b’uyu mukino  bakomeje kumusaba ko yabashyirraho irushanwa ryajya rigaragaza abahanga muri  uyu  mukino .

 Yamubwiye ko  yahise ategura iryo yise  Nice Shot  Tournament  rizaba rifunguye ku bantu bose basanzwe bakina Billard baturutse mu bice byose by’igihugu. Kwiyandikisha ni ibihumbi bitandatu  (6.000 FRW).

 Biteganyijwe ko iri rushanwa rizakinwa hamaze gushyirwa mu matsinda abantu bazaba biyandikishije kurikina aho  uwa mbere azegukana ibihumbi 150Frw , Uwakabiri 100.000Frw ,Uwa gatatu ibihumbi 50Frw  naho uwa Kane afate ibihumbi 25Frw

 Iri  rushanwa rizabera muri L’Hacienda Bar &Resto I nyamirambo ku rya nyuma tariki ya 29 Ugushyingo 2025 ,akaba  yasabye abakunzi b’uyu mukino kuzaza  kugaragaza ubuhanga bwabo 





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments