• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye  Fatakumavuta mu binyamakuru umaze igihe cy’umwaka urenga agororerwa mw’igororero rya Mageragere yasabye  abakumzi be  kwirinda abantu babayobya babasaba amafaranga  bamwiyitirira

Ku munsi  w’ejo  ubwo  Igororero rya Nyarugenge  haberaga ibiganiro  byerekeranye  na Gahunda  z’ubuhuza  zatangijwe ku  na Perezida  w’ukuriko rw’Ikirenga Madamu  Domitilla  Mukantangazwa,Fatakumavuta mu kiganiro yagiranye  n’itangazamakuru ubwo baganiraga  yafashe umwanya asaba abakunzi be n’inshuti kwirinda  abatekamutwe  basigaye bamwiyitirira bakabasaba amafaranga  .

Fatakumavuta yagize ati “ mu gihe  maze  hano  mw’igororero nta hantu na hamwe mpurira na telephone rero nshuti zanjye mwirinde ababeshya bitwaje izina ryanjye mubirinde

Yakomeje agira “ Ndafunze kandi  inshuti zanjye n’abakunzi banjye bazi neza aho ndi ko badakwiye kwirirwa bashukwa  n’abantu abagenda babatekaho imitwe babasaba  amafaranga  baziko bayoherereje njye  

Biteganyijwe ko Fatakumavuta  azarangiza igihano cye  mu kwezia kwa Mata  Umwaka  utaha 2026 kandi abizeza  ko bazongera bakagirana ibihe byiza kuko abakumbuye

Mu magambo ye yivugiye ko azarangiza ibihano bye mu kwezi kwa Mata umwaka utaha wa 2026 bityo ko azongera agahura n’abafana be cyane ko ngo abakumbuye.

Fatakumavuta yatawe muri yombi tariki ya 18 Ukwakira 2024, ubu akaba afungiwe mu Igororero rya Nyarugenge.

Yahamijwe ibyaha birimo ibyo gukangisha gusebanya, gutangaza makuru y’ibihuha no gukoresha ibiyobyabwenge.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments