• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Minisitiri w’Intebe wavanwe ku butegetsi muri Bangladesh, Sheikh Hasina, yakatiwe urwo gupfa adahari n’urukiko rw’i Dhaka kubera ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gikorwa cyo guhagarika imyigaragambyo yari iyobowe n’abanyeshuri umwaka ushize.

Inteko y’abacamanza batatu b’urukiko rw’ibyaha mpuzamahanga muri iki gihugu yahamije Hasina ibyaha birimo gushishikaza abantu, gutegeka kwica, no kutagira icyo akora mu gukumira amarorerwa, byakozwe ubwo yahagarikiraga ihohoterwa ryakorewe abigaragambyaga barwanya leta umwaka ushize.

Ubwo yasomaga umwanzuro w’urukiko, umucamanza Golam Mortuza Mozumder yavuze ko “Minisitiri w’intebe uregwa yakoze ibyaha byibasiye inyokomuntu ategeka gukoresha drones, kajugujugu n’intwaro zica”.

Hasina yari yahakanye ibyaha aregwa kandi avuga ko urubanza ari “umukino ushingiye kuri politiki” nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Urukiko rwamaze amezi ruburanisha urubanza kandi rukatira Hasina adahari. Kuva yahunga igihugu muri Kanama umwaka ushize, Hasina aba mu buhungiro, kandi arinzwe n’igihugu cy’abaturanyi cy’u Buhinde, kandi Guverinoma y’u Buhinde yirengagije icyifuzo cyo koherezwa muri Bangladesh kugira ngo aburanishwe.

Abagize imiryango y’abigaragambyaga bishwe barize amarira mu cyumba cy’urukiko mu gihe abacamanza bakatiraga Hasina igihano cy’urupfu kimwe n’uwahoze ari minisitiri w’umutekano mu gihugu, Asaduzzaman Khan, bareganwaga muri uru rubanza.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments