Ibihugu bitandukanye ku Isi byatangiye kugaragaza ko bititeguye gushyigikira ubusabe bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, bwo kohereza ubwato bw’intambara mu Strait of Hormuz kugira ngo buherekeze ubutwara ibikomoka kuri peteroli.
Ibi bibaye mu gihe Iran
igaragaza ko ishobora gufunga uyu muyoboro w’ingenzi ku bucuruzi bw’isi, mu
rwego rwo kotsa igitutu Leta zunze ubumwe z’Amerika na Israel, ibishinja gutangiza intambara kuri Tehran ku wa 28
Gashyantare 2026.
Ku wa 14 Werurwe 2026,
Trump yatangaje ko Iran nikomeza kugerageza gufunga uyu muyoboro, ubwato
bw’intambara buzagerageza kuwufunga buzahita buraswa. Yanahise asaba ibihugu
byinshi byifashisha cyane inzira ya Hormuz gufatanya na Amerika mu kurinda
umutekano wawo.
Mu bihugu yasabye ubufasha
harimo China, France, Japan, South Korea, United Kingdom n’ibindi.
Gusa ku wa 16 Werurwe,
umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Lin Jian, yatangaje
ko igikenewe ari uko impande ziri mu makimbirane zihagarika imirwano.
Yagize ati: “U Bushinwa
burasaba impande zose guhagarika ako kanya ibikorwa bya gisirikare no kwirinda
kongera umwuka mubi kugira ngo iki kibazo kitagira ingaruka zikomeye ku bukungu
bw’Isi.”
Minisitiri w’Intebe w’u
Buyapani, Sanae Takaichi, na we yatangaje ko igihugu cye kiri gusuzuma icyo
cyakora hashingiwe ku mategeko yacyo, agaragaza ko kohereza ubwato bw’intambara
muri Hormuz bishobora kutashoboka.
Muri Australia, Minisitiri
w’Ubwikorezi Catherine King yavuze ko nubwo kurinda Hormuz ari ingenzi, igihugu
cye kitazohereza ubwato bw’intambara kuko kitabisabwe ku mugaragaro.
Ku rundi ruhande, South
Korea yatangaje ko iri gusuzumana ubushishozi ubusabe bwa Trump, mu gihe United
Kingdom yo yavuze ko ishobora gutanga umusanzu mu bundi buryo.
Minisitiri ushinzwe ingufu
mu Bwongereza, Ed Miliband, yasobanuye ko icyemezo igihugu cye kizafata
kizashingira ku biganiro kiri kugirana n’abafatanyabikorwa barimo ibihugu
bigize European Union.
Minisitiri w’Intebe w’u
Bwongereza, Keir Starmer, yavuze ko igihugu cye kiri gukorana
n’abafatanyabikorwa mu gushaka uburyo bwafasha kugarura ubwisanzure mu mazi yo
muri aka karere.
Mu gihe hari abibaza niba NATO
yakwitabira iki kibazo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Johann
Wadephul, yatangaje ko igihugu cye kidashaka kwinjira muri iyi ntambara.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u
Budage, Stefan Kornelius, na we yasubije Trump ko NATO idafite aho ihuriye
n’iyi ntambara, bityo ko idakwiye kuyitinya cyangwa kuyitwaza mu makimbirane
Amerika ifitanye na Iran.
Ku ruhande rwa Iran,
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi yavuze ko bitangaje kuba
Amerika ari yo iri gusaba ubufasha bwo kurinda Hormuz, ashimangira ko ibihugu
byatangije iyi ntambara ari byo byagombye guhangana n’ingaruka zayo.
Uyu muyoboro wa Strait of Hormuz ni umwe mu nzira z’ingenzi ku Isi zinyuzwamo peteroli, ku buryo gufungwa kwawo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Isi.