• Amakuru / MU-RWANDA


Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 59 bakekwaho ibikorwa birimo ubujura bw’amabuye y’agaciro n’ikorwa ry’imitwe yitwaje intwaro gakondo mu Karere ka Muhanga District, nyuma ya operasiyo yakozwe hagamijwe kurwanya ibikorwa bihungabanya umutekano.

Mu bafashwe, abenshi ni urubyiruko ruri hagati y’imyaka 20 na 35 y’amavuko, bakekwaho kuba barashorwaga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko ndetse no mu bikorwa by’ubujura.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko aba bantu bafashwe mu gihe bari bagiye kugabana amafaranga bakekwaho gukura mu bikorwa by’ubujura n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

Yagize ati: Aba bose bakekwaho ibikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze rya rubanda.”

Polisi ivuga ko bamwe muri aba bantu bateraga ibirombe bifite ibyangombwa bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz bagakomeretsa abakozi bahakoraga mbere yo kwigabiza amabuye y’agaciro yabaga yacukuwe.

CIP Kamanzi yavuze ko Polisi yabafatiye mu gikorwa cyo kubaha amafaranga nk’igihembo cy’ibyo bakoze, bikekwa ko bari bagiye kongera gusubira muri ibyo bikorwa.

Ati: “Twabaguye gitumo baje kubahemba ngo bongere basubire muri ako kazi kagayitse ko guhungabanya umutekano w’abaturage no kwiba ibyo bavunikiye.”

Abaturage bamwe bavuga ko aba bantu basanzwe bazwi mu gace ka Muhanga, ndetse ko bari bafite izina biyise rya “Wrong Turn”, bakaba baragabaga ibitero mu matsinda.

Hari abamburaga abaturage mu nzira, abandi bakajya mu birombe bagashaka kwiba amabuye y’agaciro.

Abenshi mu bafashwe bakomoka mu Murenge wa Muhanga, mu gihe abandi baturuka mu Karere ka Kamonyi District.

Polisi yavuze ko nyuma y’iperereza rizakorwa n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, hazamenyekana uruhare rwa buri wese muri ibi bikorwa, bamwe bakazashyikirizwa Ubushinjacyaha, abandi bagahabwa inama zo kwitandukanya n’ibyaha.

Abafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye Police Station.

Polisi yashimiye abaturage bakomeje gutangira amakuru ku gihe, inasaba abijandika mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi kubireka kuko batazihanganirwa.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments