• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana ubwicanyi bwakorewe kwa ku ivuriro rya Byambwe muri Kivu ya Ruguru, ariko akirengagiza kuvuga ababukoze.

Ni nyuma yuko uyu Muganga w’Umunyekongo wahawe igihembo Mpuzamahanga Cyitiriwe Nobel, agaragaje agahinda yatewe na buriya bwicanyi bwakorewe abari ku Kigo Nderabuzima cya Byambwe.

Ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Ugushyingo 2025, bwanamaganywe n’Ibiro by’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ririya vuriro bwakorewemo ari irya Kiliziya.

Ibiro bya Papa, byamaganaga ubu bwicani bwakorewe abo muri Paruwayi yitiriwe Mutagatifu Paul ya Byambwe mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byavugaga ko bwatwaye ubuzima bw’abantu 28 ndetse n’ivuriro rigatwika.

Mu butumwa bwa Dr Denis Mukwege, we yavuze ko “mu bantu 17 bishwe, 11 ni abagore bari baryamye mu cyumba cy’ababyeyi bagiye kubyara.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuganga w’ababyeyi n’inzobere mu ndwara z’abagore, namaganye nivuye inyuma ibi bikorwa bibi. Kugirira nabi abagore batanga ubuzima ni icyaha ndengakamere kurusha ibindi byose, kandi si n’umugambi w’iterabwoba ku baturage gusa, ahubwo ni no kurimbura igice cy’umuryango mugari.”

Yakomeje avuga ko Isi idakwiye kurebera ibikorwa nk’ibi bya Jenoside ngo ikorerwa Abanyekongo, avuga ko hakwiye kugira igikorwa mu maguru mashya, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abasivile bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, atanga igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Dr Denis Mukwege; yavuze ko “abakoze aya marorerwa barazwi neza, ni iby’ihebe by’Abanya-Uganda bya ADF. Biratangaje kubona Dr Denis Mukwege, ufite intego yo kumenyesha umuryango mpuzamahanga (ugendeye ku bo yasangije ubutumwa bwe kuri X) yibagirwa kubivuga mu butumwa bwe burebure bwo kwamagana kandi bigaragara ko yafashe umwanya uhagije wo kubutegura.


Umutwe wa ADF-NALU urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ufite ibirindiro mu mashyamba ya DRC, wakunze gukora ibikorwa nk’ibi by’ubugome ndengakamere, wica abaturage ukanabatwikira ibyabo.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments