• Amakuru / MU-RWANDA


Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwagaragaje ko mu minsi umunani ishize hafashwe ndetse hamenwa litiro z’inzoga zirenga litiro ibihumbi 17 zirimo iyakorwaga hifashishijwe isabune.

Mu nzoga zamenwe harimo litiro ibihumbi 16 by’iyitwa IFEZA yengerwaga mu Murenge wa Kivumu.

Ubugenzuzi bwasanze yengwa hifashishijwe ikinyabutabire cya pakimaya kitemewe, mu gihe izindi zamenwe ari iyitwa SUSURUKA na HUGUKA zafatiwe mu Murenge wa Murunda, zengwaga hifashishijwe isabune.

Barakagendana Sylvestre washinze uruganda adafite uruhushya rukora inzoga yitwa SUSURUKA na HUGUKA, yasanzwe akoresha ibikoresho bitemewe kandi bitujuje ubuziranenge birimo amacupa ya pulasitiki yatoragurwaga nyuma yo kuyavanwamo imitobe, acibwa amande ya Miliyoni zirenga 11 Frw.

Mu byo yafatanwe, ku wa 16 Ugushyingo 2025 harimo amacupa ya 20 ya pulasitiki yashyirwagamo inzoga, amakesi 19 arimo inzoga n’amajerekani 12 y’inzoga, byose hamwe bibarirwa muri litiro zirenga 1.000.

Muri uru ruganda rwa Barakagendana hasanzwe umwanda ukabije, gukoresha ibinyabutabire bitemewe birimo isabune, yasanzwe kandi akoresha ibirango bigaragaza ko akorera i Karongi kandi akorera i Rutsiro.

Tariki 08 Ugushyingo 2025, mu Murenge wa Kivumu, Akagari ka Bunyunju mu Mudugudu wa Mpinga, hakozwe ubugenzuzi bw’isuku n’ubuziranenge busanga uruganda rufite ibyangombwa rwenga ikinyobwa cyitwa IFEZA na rwo rufite ibibazo bitandukanye.

Uru ruganda rwahise rufungwa by’agateganyo, kugeza runogeje uburyo bw’isuku, ndetse na litiro z’inzoga ibihumbi 16 zikamenwa, zirimo izari zikiri gukorwa n’izindi zari zamaze gufungwa mu macupa.

Abarushinze baciwe n’amande ya miliyoni 1 Frw, kubera gukora ibitari ku ruhushya bahawe, n’ibihumbi 500 Frw kubera umwanda no gukoresha ibinyabutabire bitemewe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel yatangaje ko ubugenzuzi buri gukorwana ubunararibonye, kugira ngo abafite inganda ntibakomeze kwangiriza ubuzima bw’abaturage.

Yasabye abagitekereza gushinga inganda rwihishwa kubivamo birinda ibihombo n’ibindi byago byabateza, kuko iyo afashwe bikamenwa ahomba n’Igihugu kigahomba.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments