• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Philippine, Ferdinand Marcos Jr, yamaganye ibirego byatanzwe na mushiki we, Senateri Imee Marcos, byuko yabaswe no gukoresha ibiyobyabwenge, mu gihe uwo Mukuru w’Igihugu ahanganye n’imyigaragambyo yamagana ubutegetsi bwe.

Senateri Imee yavuze ko musaza we yakoreshaga ikiyobyabwenge cya kokayine kandi ibyo byagize ingaruka ku miyoborere ye aho byatumye afata ibyemezo bibi, bigatanga n’icyuho cya ruswa.

Umuvugizi wa Perezida, Claire Castro, yanenze ibivugwa na mushiki we avuga ko nta shingiro bifite kandi ari ibinyoma.

Mu mbwirwaruhame Imee yabwiye abitabiriye imyigaragambyo i Manila ku wa 17 Ugushyingo 2025, yavuze ko musaza we yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge ku ngoma ya se, Ferdinand Marcos Sr wayoboye icyo gihugu kuva 1965 kugeza mu 1986, kandi nubu  akomeje kubikoresha.

Avuga ko gukoresha ibiyobyabwenge kwa musaza we byagize ingaruka ku miyoborere kuko byatumye afata ibyemezo bibi byashyize igihugu mu kaga, ndetse n’umuryango we haba abana n’umugore na bo bakoresha ibiyobyabwenge.

Ubwo yiyamamarizaga kuba Umukuru w’Igihugu mu 2021, raporo yasohowe n’ibitaro byigenga ndetse n’Ikigo cya Polisi yagaragaje ko ibizamini bya Marcos Jr bigaragaza ko atigeze akoresha kokayine.

Gusa Umuvugizi wa Perezida Marcos Jr avuga ko ibivugwa na Imee abibona nko kwikanga kugaragara mu iperereza riri gukorwa ku byaha bya ruswa bishobora kuzamugiraho ingaruka n’inshuti ze.

Urwego rw’Imari muri Philipinne rwagaragaje ko igihugu cyahombye miliyari 2 z’amadolari ya Amerika kuva 2023 kugeza 2025, kubera ruswa yagaragaye mu mishinga yo gukumira ibiza.

Ibi bije nyuma yuko Philipinne iherutse kwibasirwa n’inkubi y’umuyaga yiswe Kalmaegi, yahitanye abarenga 200, ituma abarenga miliyoni bava mu byabo, isenya inzu y’abaturage n’ibikorwa remezo.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments