• Imyidagaduro / IBITARAMO

Mu mpera  z’icyumweru  gishize  ku wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo 2025 habaye umugoroba wo kwihiza umurage,Ubuhanzi n’Imideli nyafurika mu birori byo  kumurika imideli itandukanye byari byitabiriwe n’abamurika mideli n’abanyamideli mpuzamahanga baturutse mu bihugu bitandukanye byo  muri Afurika .

Ibyo birori  byari byabereye  muri Centric Hotel I Remera byatangiye ahagan I saa Moya z’ijoro aho abari babyitabiriye bose babanje kunyura  kw’itapi  itukura  berekana  imideli itandukanye benshi bari  bambaye  kugeza ubwo byatangizwaga  ku mugaragaro n’Umuyobozi wa Ozone Entertainment yeguye  uwo  mu goroba kubufatanye na NAF Model Empire Bwana Augustin Hategekimana.

Mu ijambo  rye  ry’ikaze  Bwana Augustin yabanje gushimira abantu benshi bose baje kwifatanya nabo muri  uwo mugoroba  ndetse yanashimiye abaterankunga bose babafashije kugira icyo  gikorwa  kigende neza  , yanashimiye kandi abamurikamideli  n’abahangamideli baturutse mu bihugu bitandukanye  bemeye  kuza kumurika imideli yabo abizeza ko iyi ari intangiriro kuko ibyo  bamuritse byose  byatumye  benshi babaona aho uruganda rw’imideli rugeze  muri Afurika .

Ahagana kw’isaha ya  Saa Mbiri n’igice abanyamideli  batandukanye barimo Vamoscop, Ibrah Design 250, Berwa House Collection, Debarakat, na Tim's Art Collection berekanye ibikorwa byabo bitandukanye mu  bwoko  bwoze bw’imyambaro idoze u bintu byinshi bigaragaza umuco nyafurika kugez ahagana I saa Ine zijoro ubwo abari aho bose  bari bamaze kwerekana ibikorwa byabo.

Ibirori bya Agaciro Fashion Gala byari byatewe inkunga na Truth Media, Legacy Real Estate, na Dream Holidays, bafatanyije na I.P. Studio, Ibigwi International Studio, na Ebroz Studio. Bikba byari  ku nshuro  yabyo ya mbere  bibaye mu Rwanda aho biteganyijwe ko bizajya biba  buri  mwaka  byakunda bikaba buri gihembwe
















 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments