• Amakuru / MU-RWANDA


Banki Nkuru y’Igihugu yagumishije urwunguko rwayo kuri 6,75%, igipimo rumazeho amezi atatu, ndetse itangaza ko yizeye ko uyu mwanzuro uzatuma umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko uguma mu mbago za 2% na 8% nk’ikigero cyiyemejwe, kandi bigatuma ubukungu bukomeza kuzamuka nta nkomyi.

BNR igaragaza ko ibiciro ku masoko byazamutse kuri 7,1 % mu kwezi gushize mu gihe mu gihembwe cya gatatu cya 2025 byari byazamutse kuri 7,2%. Byitezwe ko uyu mwaka ibiciro bizazamuka kuri 6,9%, mu gihe mu 2026 byitezwe ko bizagera kuri 5,8%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Soraya Hakuziyaremye, yasobanuye ko Komite ya Politiki y’Ifaranga yafashe umwanzuro wo kugumisha “inyungu fatizo yayo ku gipimo cya 6,75% mu mezi atatu kandi twizeye ko iki gipimo kiboneye mu gutuma umuvuduko w’ibiciro uguma mu mbago za 2%-8% ari nako bikomeza gushyigikira ikoranabuhanga no kugerwa ku mafaranga”.

Nubwo mu mezi ashize ibiciro ku masoko bikomeje kuzamuka, BNR isobanura ko hari icyizere ko bitazigera birenga igipimo cyayo.

Ati “Ntabwo tubona aho umuvuduko w’ibiciro ushobora kurenga 8% [...] mu mibare dukoresha twanarebye uko ibyo biciro bishobora kuzamuka iyo nk’imvururu twari twabonye muri Tanzania zishobora gukomeza, ariko uko mubizi, zarahagaze n’amakamyo yatangiye gukomeza…ihungabana ryari ryabayeho muri icyo cyumweru ryarahagaze.”

Yavuze ko hari icyizere ko umusaruro mu buhinzi byitezwe ko uzaba mwiza muri iki gihembwe cya A, ndetse ibiciro by’ibirayi n’ibishyimbo byatangiye kugabanuka ku masoko. Yakomeje avuga ko “ariko na none ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byariyongereye” mu Rwanda gusa ko hari icyizere ko bishobora kugabanyuka kuko imibare yerekana ko ku isoko mpuzamahanga bizakomeza kugabanuka mu gihe kiri imbere.

BNR yasobanuye ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 7,8% mu gihembwe cya kabiri 2025, biturutse ku izamuka ryo hejuru ryagaragaye mu nzego zose z’ubukungu.

Mu gihembwe cya gatatu cya 2025, hakomeje kugaragara izamuka ry’ibikorwa by’ubukungu, aho igikomatanyo cy ibipimo by ubukungu biboneka mu buryo bwihuse cyagaragaje izamuka rya 13,2% bijyanye no kwiyongera kw’ibikenerwa imbere mu gihugu. Iri zamuka rituruka ku kwiyongera kw ibikorwa byo mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda

Icyuho hagati y’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyiyongereyeho gato, n’ubwo ibyoherejwe mu mahanga byazamutse ku kigero cyo hejuru.

Mu gihembwe cya gatatu 2025, agaciro k’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga kazamutseho 15%, biturutse ku kwiyongera kwa kawa namabuye y’agaciro byoherejwe, hamwe n’ibiciro byari byiza ku isoko mpuzamahanga.

Agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga bitari ibimenyerewe kazamutse ku muvuduko wo hejuru unganaga na 50.5 ku ijana, bitewe ahanini no kwiyongera kwibitunganyirizwa mu nganda z’imbere mu gihugu byoherezwa mu mahanga birimo nk’amavuta yo guteka, ifu y’ingano, n’ibiryo by amatungo.

Ni mu gihe agaciro k’ibitumizwa mu mahanga kiyongereye kuri 7,4% biturutse cyane ku kwiyongera kw’ibiribwa bitumizwa hanze y’u Rwanda, by’umwihariko ibigori hamwe n’imiti. Ibi byatumye icyuho hagati y’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyiyongeraho 2,8%.

Ku rundi ruhande, kugeza mu mpera za 2025, agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’idorall rya Amerika kagabanutseho 4,03%, rikaba igabanuka rito ugereranyije na 6,49% mu gihe nk’icyo mu 2024.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments