Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko nyuma y’intumwa bohereje i Kinshasa, mu Rwanda na Togo baganira ku ntambara imaze iminsi mu Burasirazuba bwa RDC, bahisemo gushyigikira inzira z’ibiganiro zatangiye mu gushaka igisubizo kirambye.
Ibibazo by’intambara byugarije bimwe mu
bihugu binyamuryango by’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa.
Nk’urugero
muri Haïti, mu bihugu bya Caraïbes no mu Burasirazuba bwa RDC hari intambara
zihamaze imyaka.
Muri
iyi ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC, Kinshasa ishinja u Rwanda gufasha
umutwe wa AFC/M23 ariko rwo rurabihakana rukanagaragaza ibimenyetso by’uko RDC
ari yo ishyigikiye umutwe w’iterabwoba wa FDLR ushaka gukomeza Jenoside mu
Rwanda.
Mu kiganiro
n’Abanyamakuru gisoza inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku wa 20
Ugushyingo 2025, Louise Mushikiwabo yabajijwe uruhare rwa OIF mu gukemura
amakimbirane ari mu bihugu binyamuryango, by’umwihariko mu Karere k’Ibiyaga
Bigari, yavuze ko ubu bafashe icyemezo cyo gushyigikira inzira y’ibiganiro
yatangiye kuko irimo ibihugu binyamuryango bya OIF byinshi.
Yasobanuye
ko OIF yohereje itsinda muri RDC, mu Rwanda no muri Togo ngo baganire na buri
ruhande ruvugwa mu kibazo hanarebwe umwanzuro wagifatirwa.
Ati
“Hari ibihugu byinshi byinjiye mu gushaka igisubizo ku kibazo cyo mu
Burasirazuba bwa RDC, ariko twe muri OIF, nyuma y’ibiganiro byabayeho, nyuma ya
raporo y’izo ntumwa twinjiye mu rugendo rwo gushyigikira abahuza bashyizweho
ngo bagerageze gushaka igisubizo kuri icyo kibazo.”
Ubuhuza
hagati ya RDC n’umutwe urwanya ubutegetsi wa AFC/M23 bukorwa na Leta ya Qatar,
mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda na Guverinoma ya RDC bukorerwa i Washington,
Qatar na Togo bikitabira nk’indorerezi muri ibi biganiro.
Mushikiwabo
yavuze ko bishimira ko ibihugu binyamuryango bya OIF, nka Togo na Qatar ari byo
bifite uruhare rukomeye mu buhuza ku kibazo cy’amakimbirane yo mu Burasirazuba
wa RDC.
Ati
“Dushyigikiye ibihugu binyamuryango biri muri gahunda yo gushaka igisubizo cy’ikibazo.”
Kugeza
ubu haracyategerejwe itariki nyakuri Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora
guhurira i Washington kugira ngo basinye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere
ry’ubukungu, ashimangira amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC
tariki ya 27 Kamena 2025.
Ku
rundi ruhande mu biganiro bibera muri Qatar, ku wa 15 Ugushyingo RDC na AFC/M23
byasinye amahame shingiro azagenderwaho hategurwa amasezerano y’amahoro.
AFC/M23
yasobanuye ko inyandiko impande zombi zasinye igizwe n’amahame umunani aganisha
ku gukemura impamvu-muzi z’amakimbirane yo muri RDC.
Biteganyijwe
ko buri hame rizagenda riganirwaho kugeza ubwo ingingo zirigize zizubahirizwa,
kandi ko hashyizweho ingengabihe ya gahunda zerekeye ku biganiro bizakorwa kuri
buri hame.
AFC/M23 yavuze ko mu gihe impande zombi zizaba zimaze gukemura ibibazo bigaragazwa mu mahame yose, ari bwo AFC/M23 na Leta ya RDC bizagirana amasezerano y’amahoro ya rusange.