• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Emile Nzeyimana uzwi nka Papa Emile yatangaje ko ari mu myiteguro yo kurushinga n’umukunzi we Amani Chokwe Jessica bahuriye mu kazi, arushaho kumukunda kugeza ubwo yiyemeje kubana nawe nk’umugabo n’umugore.

Mu rugendo rwe rw’umuziki n’ivugabutumwa, Papa Emile—umuhanzi wakunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yabashije kubona urukundo atari ku rubyiniro, ahubwo mu buzima busanzwe bw’akazi.

Ni urukundo rwinjira mu mutima gahoro gahoro, rukura ruhinduka isezerano ryo kubana ubuziraherezo. Yemeje ko yamaze kwiyemeza kurushinga na Amani Chokwe Jessica, umukobwa w’inyangamugayo bahuriye mu kazi, none ubu akaba ari we yise “Fiancée.”

Papa Emile yatangaraije  umunyamakuru wa BTN Rwanda  uko byatangiye. Mu magambo ye, yagize ati “Yego ni umunyarwandakazi ariko yavukiye muri Kenya. Twamenyaniye mu kazi, ariko twari ahantu hatandukanye mu kazi ariko tugahuzwa n’ibyo dukora.”

Uyu mugabo wubatse izina mu muziki wa Gospel avuga ko bwari ubucuti busanzwe, ariko buza gufata indi ntera uko iminsi yicuma.

Amani Jessica, uko yakomeje kugenda amumenya byimbitse, yamweretse umutima mwiza, gukorera hamwe no gushyigikirana—ibintu Papa Emile yavuga ko ari byo byamushimangiye icyizere cyo kumugira umufasha mu buzima.

Mu magambo yuje ishyaka, Papa Emile avuga ko atigeze abihubukira. Yatangiye kubanza kumva neza uwo ari we, uko ateye, icyerekezo cye n’indangagaciro ze.

Nyuma y’igihe kinini bamaze bakundana, yaje gufata umwanzuro wo kwitegura kumwambika impeta—intambwe ikomeye mu buzima bw’abitegura kurushinga. Ati; “Narushijeho kumukunda, mbona rwose ko ari umuntu ufite imico myiza. Ubu ni fiancée.“

Uyu muhanzi avuga ko ibyo kuganira n’ababyeyi ba Jessica byose byarangiye, kandi ko babahaye umugisha. Jessica ni umunyarwandakazi wavukiye muri Kenya, aranahakurira. Yaje gukorera mu bikorwa bitandukanye bifitanye isano n’umurimo Papa Emile akora, maze bahava bagirana ubucuti bw’umwuga bwaje guhinduka ubwa hafi.

Ku rundi ruhande, imyiteguro irarimbanyije. Umuryango, inshuti n’abakunzi b’aba bombi batangiye kwitegura umunsi w’ibyishimo, aho Papa Emile avuga ko ubukwe bwabo buteganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ati: “Turi guteganya ubukwe mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ibyerekeye ababyeyi be narabirangije kare. Ubu ni ugutegura umunsi nyirizina.”

Nubwo atatangaje itariki nyayo, icyizere cy’uko bazabukorera mu Rwanda ni cyose. Ni ubukwe buzarangwa n’ubusabane, indirimbo n’umuhundo wa Gospel, dore ko Papa Emile atazabura kuririmba indirimbo ze zimaramaza imitima.

Papa Emile ni umwe mu bahanzi bamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana, akaba na Producer. Ku wa 21 Nzeri 2023, umugore we wa mbere witwa Ineza Parfine yitabye Imana, ibyasize agahinda kadashira mu mutima we.

Uyu mugabo yamenyekanye birushijeho mu ndirimbo zihimbaza Imana nka ‘Mbayeho’, ‘Guhinduka birashoboka’, ‘Uri amaso yanjye’ n’izindi nyinshi.

Papa Emile amaze gushyira ku isoko Album zitandukanye zirimo iyitwa ‘Mbayeho’, ‘Muvuzuko’, ‘Izabikora’, ‘Ubuzima bwiza’, ‘Hakuna akujuae’ ndetse na ‘what a shock’. 

 

 





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments