• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatembereje mu rwuri rwe ruri I kibugabuga  mu karere ka Bugesera , Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ndetse amugabira inka zo mu bwoko bw’Inyambo nk’ikimenyetso cy’Umuco Nyarwanda gisobanura ubushuti n’umubano mwiza hagati y’abayobozi bombi hamwe n’ibihugu byabo.

Ni amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ari mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kane mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri rugamije gukomeza gutsura umubano utajegajega ibihugu byombi bisanzwe bifitanye cyane cyane ushingiye ku bukungu no mu bubanyi n’amahanga.

U Rwanda na Qatar bafatanya mu mishinga itandukanye y’ishoramari mu bukerarugendo, bishingiye ku bwubahane n’amahoro hagamijwe iterambere rirambye.

Uwo mubano ushimangirwa kandi  n’imigenderanire y’Abakuru b’Ibihugu ku mpande zombi.

Mu mwaka wa 2019, Emir wa Qatar yasuye u Rwanda aho hasinywe amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubufatanye mu bijyanye n’umuco, siporo n’ubukerarugendo.

U Rwanda na Qatar bahahirana mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere aho Qatar yagize uruhare rukomeye mu mushinga wose wo kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Karere ka Bugesera. 

Uwo mushinga witezweho gutwara miliyari 2 z’amadolari y’Amerika, ni ukuvuga tiriyari zisaga 2.8 z’amafaranga y’u Rwanda, kikazaba kiri ku mwanya wa kabiri mu bibuga by’indege mpuzamahanga bigezweho muri Afurika y’Iburasirazuba nyuma y’icya Ethiopia.

Qatar Airways ifite imigabane ya 60% muri RwandAir, ni umufatanyabikorwa w’ingenzi mu iyubakwa ry’icyo kibuga cy’indege cyitezweho kongera urujya n’uruza rw’abagenzi  mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Ni ikibuga cyitezweho kuzakira abasaga miliyoni 14 buri mwaka bakinyura baza mu Rwanda n’abajya hirya no hino ku Isi.

Mu rwego rw’umutekano kandi, ibihugu byombi bifatanya mu bijyanye n’amahugurwa y’ingabo no guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga.

Qatar ni umuhuza ugamije kugarura amahoro n’umutekano mu Karere u Rwanda ruherereyemo, by’umwihiriko ibijyanye n’umutekano muke mu Burasirazaba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments