• Amakuru / MU-RWANDA

Kuri uyu  wa kane tariki ya  20 Ugushyingo 2025 u Rwanda rwakiriye abandi banyarwanda 511 bari barashimuswe n’umutwe wa FDLR, umutwe w’iterabwoba wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakaba bari bari mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Aba baturage, baturutse mu miryango 153, binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka wa La Corniche uhuza ibihugu byombi. Muri bo harimo 127 b’abagore, 32 b’abagabo, n’abana 352.

Bakigera  I Rubavu  bafashe imodoka zabajyanye ku Kigo cya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi, aho bagiye guhabwa ubufasha bw’igihe gito. Bari babaye mu nkambi y’agateganyo i Goma nyuma yo kwimurwa mu bice bitandukanye byo mu burasirazuba bwa RDC.

Deogratias Nzabonimpa, umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yabwiye aba bari bamaze gutaha ko bazahabwa ubufasha bw’ibanze bubafasha kongera kwinjira mu muryango nyarwanda.

“Baza guhabwa ubufasha bw’ibanze bubafasha kubaho no kugira uruhare mu kubaka igihugu binyuze mu nzira iteganyijwe yo kubasubiza mu muryango nyarwanda,” yavuze Nzabonimpa. “Bazanafashwa binyuze mu mishinga y’aho batuye kugira ngo bafashe imiryango yabo.”

Nzabonimpa yavuze ko kuba umubare w’abagaruka urushaho kwiyongera bigaragaza intsinzi y’ubukangurambaga bugamije gushishikariza Abanyarwanda bari mu gihirahiro gutaha, bushyigikiwe n’imiryango n’abaturage.

Abantu bakuru barengeje imyaka 18 bazahabwa $188 buri wese, naho abatarageza ku myaka 18 bakazahabwa $113. Bose kandi bazahabwa n’ibiribwa by’ibanze bifite agaciro ka 45,000 Frw.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments