Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ritazajenjekera ingabo z’u Burundi zikomeje kwica abaturage b’Abanye-Congo zikoresheje uburyo burimo ubwo kubicisha inzara.
Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin
Mbonimpa, yatangarije abanyamakuru ko iri huriro riri ku rugamba rwo gukemura
ibibazo by’Abanye-Congo, bityo ko uzarwivangamo atazihanganirwa.
Yagize
ati “Turi gukemura ibibazo by’Abanye-Congo kandi uwivanga mu bibazo
by’Abanye-Congo abangamiye amahoro, ibyo ntitwabyihanganira.”
Mbonimpa
yasobanuye ko ingabo z’u Burundi zagize uruhare mu gitero cyagabwe ku mudugudu
wa Nturo na Ngungu muri Teritwari ya Masisi, kandi ko ubu zikomeje gufungura
inzira abatuye mu gice cya Minembwe banyuragamo bajya ku masoko.
Ati
"Murabizi ko duhanganye n’u Burundi. Abasirikare b’u Burundi basenye
umudugudu wa Nturo muri Masisi. Baduteye muri Ngungu, bakorera abasivili
ubugizi bwa nabi. Kugeza n’uyu munsi, bagose Minembwe, babuza abasivili kujya
ku masoko kugura ibicuruzwa bya ngombwa.”
AFC/M23
yatangaje ko iyo ingabo z’u Burundi zishatse guhangana na yo, izifata
nk’umwanzi kimwe n’ingabo za RDC. Ati “Iyo zije imbere yacu nk’ingabo
ziturwanya, tuzifata nk’ingabo ziturwanya.”
Ingabo
z’u Burundi zikorera muri RDC hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye mu bya
gisirikare ibihugu byagiranye mu 2022, avugururwa muri Kanama 2023. Byitwa ko
zagiye kurwanya imitwe yitwaje intwaro.
Kuva
tariki ya 16 Ukwakira 2025, ingabo z’u Burundi zafunze inzira zose zihuza
Minembwe n’amasoko bajyaga guhahiramo. Ibi byatumye ubuzima bugorana kuko
n’ushobora kubona ibicuruzwa, ahendwa cyane.
Umufuka w’isukari waguraga Amadolari 180, wageze ku Madolari 600, umunyu waguraga Amadolari 25 ugera ku Madolari 250, umuceri waguraga Amadolari 50 ugera ku Madolari 250, agakarito k’isabune kaguraga Amadolari 18 kagera ku Madolari 50.
Like This Post? Related Posts