• Imyidagaduro / IBITARAMO

Abijuru King Lewis wamamaye nka Papa Cyangwe yakoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka itanu amaze akora umuziki, gusa habamo ibibazo byatumye bamwe mu bo yatumiye bataririmba, abandi bataha bakubita agatoki ku kandi kubera gutenguhwa n’ibyuma.

Ni mu gitaramo cyabereye muri Kigali Universe ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2025, kiririmbamo abahanzi barimo abakizamuka kinitabirwa na  benshi mu bazi mu muziki narwanda nka Muyoboke Alexis n’abanyamakuru benshi

Umwe muri bo ni Young Zaki wamamaye mu ndirimbo yise ‘Motari’ yanaririmbye; Taykun Degree wishimiwe cyane, Hertos wamenyekanye mu ndirimbo yise ‘Karite Jone’ yakoranye na Diez Dolla yanishimiwe.

The Nature yaririmbye indirimbo yise ‘Umuvuno’, ‘Jumpy Boyz’ na ‘Ice Mello’ wavuye ku rubyiniro atishimye kubera ko bamukuyeho akirimba, ndetse akanajugunya ‘micro’ atarangije indirimbo yari ari kuririmba.

Mu bahanzi bamaze kumenyakana harimo Racine waririmbye indirimbo zirimo iyo yise ‘Agahugu’, ‘Bizacamo [amafaranga]’ yahuriyemo na G-bruce, ‘My Guy’, ‘Nzura’ n’izindi.

B Threy wamukurikiye yaririmbye indirimbo zirimo ‘Nyumvira’ yahuriyemo na Dj Toxxyk na Trizzie Ninety Six, ‘Dejavu’ yahuriyemo na Fifi Raya banayiririmbanye, ‘Ni e?’ yahuriyemo na Trizzie Ninety Six, ‘Nituebue’ yahuriyemo na Bushali na Slum Drip n’izindi.

Fireman wakurikiyeho yasusurukije abari bitabiriye mu ndirimbo zirimo ‘Abahungu ba muzika’, ‘Biha ibindi’, ‘Original’, ‘Muzadukumbura’ yakoranye na Nel Ngabo na ‘Itangishaka’ yakoranye na King James ari na yo yasorejeho.

Papa Cyangwe wizihizaga imyaka itanu amaze mu muziki yinjiranye ku rubyiniro n’abakobwa n’abasore bambaye Kinyarwanda.

Ahita aririmba indirimbo ye ‘Ngaho’, atarayisoza ibyuma bihita bizima. Mu gihe yafataga ijambo yashimiye abitabiriye. Ati “Ndishimye kuba ndi kubabona hano ndabakunda cyane!”

Nyuma y’iminota irenga itanu ibyuma byanze kuvuga byongeye birakora, ahita aririmba ‘Sana’ na ‘Ku Nsutsu’ yakoranye na Juno Kizigenza.

Izindi ndirimbo yaziririmbye yifashishije abanyamideli bamutambukaga iruhande. Yaririmbye ‘Imbeba’ yakoranye na Igor Mabano, ‘It’s Okay’ yakoranye na Afrique na Fireman.

Yahamagaye Ish Kevin baririmbanye indirimbo bise ‘Bakalo’. Yasize Ish Kevin ku rubyiniro aririmba ‘Amakosi’ ahita avaho.

Zeo Trap yageze ku rubyiniriro asanga ibyuma ntibiri gukora asubira mu rwambariro, nyuma y’iminota mike aragaruka ashimisha abakunzi be.

Riderman yagiye ku rubyiniro aririmba ‘Inyuguti ya R’, mu gihe izindi yaziririmbye nta byuma bivuga, uretse kuzumvisha abakunzi be gusa n’ijwi yifashishije indangururamajwi.

Muri izo harimo iyo yise ‘Amateka’, ‘Umwana w’umuhanda’ n’izindi ze. Arangije ati “Ndabashimira ariko reka umwanya wacu tuwuhereze Papa Cyangwe.”

P-Fla na Generous 44 ni bo bashyize akadomo kuri iki gitaramo, na bo baririmba by’akanya gato bahita basezera abafana. Bakiva ku rubyiniro MC Iradukunda Bertrand yahise asoza igitaramo aha umwanya DJ akanya gato. Yampano wari utegerejwe ntabwo yaririmbye muri iki gitaramo.

 





















Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments