• Imyidagaduro / ABAHANZI

???Umuhanzi w’Umunyanijeriya Kingsley Okonkwo, uzwi cyane ku izina Kcee, yavuze ibanga rimufasha gukomeza kwitwara neza mu ruganda rw’umuziki.

Umuhanzi wakunzwe  mu ndirimbo Limpopo yasobanuye ko atandukanye n’abandi bahanzi bamwe na bamwe bacika intege iyo  bakoze indirimbo ntikundwe , ahubwo  wee  ahitamo gukora cyane  kurushaho  agakora indirimbo nyinshi igihe  ahuye n’ikibazo nkicyo

Ibi  yabitangaje ubwo yaro mu kiganiro Selah Meditate podcast, Kcee yavuze ko gushyira hanze indirimbo nyinshi bituma amahirwe yo gukora indirimbo ikundwa cyane yiyongera.

Bamwe mu bo dukorana bashobora gusohora indirimbo, iyo itagenze neza bagahita bisubira mu bwigunge kandi bakababara. Ariko jyewe ibyo ntibishobora kumbaho.”

Nshobora gusohora indirimbo 22, hanyuma ikaba ari iya 22 ikazamuka ikaba hit. Ntibintenze kuko gukomeza udacika intege ni ingenzi,” niko yabisobanuye.

Uyu muhanzi yavuze ko yahuye n’ibigeragezo byinshi mu ruganda rw’umuziki, ariko abantu ntibabibone kenshi kuko ahora agaragara yambaye neza kandi yishimye mu ruhame, nubwo yaba ari mu bihe bitoroshye.

Yanavuze kandi uburyo kwiyemeza no gutekereza ibintu mu buryo bwiza (positive manifestation) byagize uruhare runini mu buzima bwe.

“Igihe njye na E-Money twabaga i Ajegunle, iyo abantu  batubazaga aho dutuye twababwiraga tuti ‘i Ikeja’. Ntitwabaga tubeshya cyangwa twiyemera, ahubwo twabaga turi kurota, tuvuga iby’ejo hazaza mu buryo bw’ubuhanuzi.

“Kandi ni naho nyuma twaje kwimukira tuhagirira ibihe byiza  mu muziki wacu kandi  nubu niho twibera tutitaye ko twamamaye

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments