Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko Dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we Uwineza Diane yagejejwe mu Bushinjacyaha. Ibi bikaba ari mu rwego rwo gukomeza iperereza no gukurikirana ababigizemo uruhare bose.
Umuvugizi
wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangarije umunyamakuru wa BTN Rwanda ko dosiye yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa
Mbere tariki ya 17 Ugushyingo 2025.
Abakurikiranyweho
ni Kalisa John uzwi nka K John wafunzwe tariki ya 14 Ugushyingo 2025, na
Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man wafunzwe tariki ya 11 Ugushyingo 2025.
Dr.
Murangira B. Thierry, avuga ko nyuma y’aho, ku wa Kabiri tariki ya 18
Ugushyingo 2025, RIB yataye muri yombi undi muntu wa Gatatu witwa Ishimwe
François Savio, ukekwaho kwaka abantu amafaranga kugira ngo asangize abandi
amashusho ya Yampano ari gutera akabariro.
Ati:
“Tariki ya 18/11/2025, hafashwe uwitwa Ishimwe Francois Savio ucyekwa kwaka
abantu amafaranga ngo abahe video (Ya Yampano n’umukunzi we).
Dr.
Murangira yasabye abantu kwirinda gusakaza amashusho y’urukozasoni, kuko
bihanwa n’amategeko. Ati: “RIB iributsa abantu kwirinda guhererekanya
amashusho y'urukozasoni kuko bihanwa n'amategeko. Irihanangiriza abantu
bakoresha ubwo buryo nko kubona amafaranga, ko uzabifatirwamo wese azahanwa
nk'uko amategeko abiteganya.”
Itegeko
No 60/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe
ikoranabuhanga.
Ingingo
ya 34 ivuga ko gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze
y’ibitsina, hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, aba akoze
icyaha.
Umuntu
wese, iyo atangaje cyangwa atumye hatangazwa amashusho cyangwa amajwi
yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, binyuze ku rusobe rwa mudasobwa
cyangwa ubundi buryo bw’ikoranabuhanga n’itumanaho; usaba, utoza cyangwa
uhamagarira umwana, abinyujije muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa
cyangwa umuyoboro uwo ari wo wose, hagamijwe kumukoresha imibonano
mpuzabitsina, aba akoze icyaha.
Iyo
abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko
kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya
1,000,000 ariko atarenze Miliyoni 3.000.000Frw.
Ingingo
ya 38 ivuga ko umuntu wese, utangaza, wohereza cyangwa utuma hatangazwa
ubutumwa ubwo ari bwo bwose bw’urukozasoni akoresheje mudasobwa, cyangwa
urusobe rwa mudasobwa, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa
igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu
y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 2,000,0000Frw.
Iyo
ubutumwa bw’urukozasoni buvugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo budahuye n’ukuri
cyangwa bureba umwana, uwahamwe n’icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi
y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda
atari munsi ya 1,000,000Frw, ariko atarenze 3,000.0000Frw.
Like This Post? Related Posts