• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ku wa Gatanu ushize, Ishuri Gatolika St. Mary’s School riherereye muri Papiri, mu ntara ya Niger State, ryagabweho igitero n’abagabo bitwaje intwaro. Nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe rya Gikirisitu muri Nigeria (CAN), abana 303 bafite hagati y’imyaka 10 na 18, hamwe n’abarimu 12, ni bo bashimuswe. Ibarura rya nyuma ryemeje umubare nyawo w’abashimuswe.

Muri abo bose, abanyeshuri 50 babashije gutoroka bongera guhura n’imiryango yabo. Musenyeri Bulus Dauwa Yohanna, uhagarariye CAN muri Niger State, yagize ati:
“Kubona aba bana 50 batashye biratanga ikizere. Ariko hakenewe gukomeza imbaraga mu gushakisha no kubohohora abandi bagifashwe.”

Abaturage bo muri Lagos n’ahandi mu gihugu bakomeje kugaragaza uburakari n’umujinya ku bibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera.

Femi Bamijoko, umuyobozi ushinzwe ubucuruzi, yavuze ati:
“Umuturage wese afite uburenganzira bwo kubaho mu mutekano. Ni inshingano za leta kubwubahiriza. Nsaba ubutegetsi gukora inshingano zabwo no gukora neza uburyo bwose bw’umutekano.”

Ku ruhande rwe, Joseph Eze, umushoferi w’ubwikorezi, yagize ati:
Dufite ingabo zifite indege z’intambara zishobora kumenya aho umwanzi ari, ariko ntibikorwa. Benshi mu bayobozi ntibafite abana babo hano; biga mu mahanga. Twebwe batishoboye ni twe tugomba kubabara. Leta igomba kubibazwa.”

Mu rwego rwo gukumira ibindi bitero byo gushimuta bishobora gukurikiraho, Guverineri wa Niger State, Mohammed Umar Bago, yatangaje ko amashuri yose afunzwe by’agateganyo, kandi asaba inzego zishinzwe umutekano, imiryango ya sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini gukora uko bashoboye ngo hashakwe abana n’abarezi bagifashwe:

“Ibi byabaye byari kwirindwa, ariko icyo duharanira ubu ni ugutabara abana n’abarimu bose bagifashwe.”

Iri shimutwa rije mu gihe ibitero bigamije kwibasira amashuri byongeye kwiyongera. Mu minsi ishize, zimwe mu ntara zo mu majyaruguru no hagati ya Nigeria zafunze amashuri kubera impungenge z’ibitero by’inyeshyamba. Mu cyumweru gishize, abakobwa 25 bigaga mu kigo cyo mu ntara ya Kebbi bashimuswe, umukozi w’ishuri aricwa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments